Binyuze ku muvugizi mu bya Politiki akaba n’ushinzwe itumanaho muri AFC/M23, Lawrence Kanyuka yashinje Kinshasa kugaba ibitero bya drones muri Rubaya, agace ko muri Teritwari ya Masisi gakungahaye ku mabuye y’agaciro.
Icyumweru kigiye gushira ibice bikikije Rubaya ari isibaniro ry’imirwano, kuko ihuriro ry’ingabo za Leta ya Kinshasa zagabye ibitero ziturutse mu byerekezo bitandukanye cyane cyane ariko ahitwa Gatoyi ifatwa nk’indiri ya FDLR, intego nyamukuru ngo ikaba ari ukwigarurira Rubaya.
Mu itangazo ryashyizwe ku rukuta rwa X, Lawrence Kanyuka, yahamije ko ingabo za Leta ya Kinshasa, FARDC zakajije ibitero kuri Rubaya, nyuma yo kuyirasaho na za drone kuva mu ma saa munani y’urucyyerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gashyantare 2026.
Ubwo butumwa bugira buti: “Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Gashyantare 2026 guhera saa 02:43 z’igitondo, drones z’ihuriro ry’ingabo zirwana ku butegetsi bwa Kinshasa ziri kurasa buhumyi umujyi wa Rubaya, zica igikuba ndetse zinica abaturage b’abasivile.”
Uduce dukikije Rubaya twatangiye kugabwaho ibitero, nyuma y’iminsi mike Leta ya RDC ishyize ku rutonde amabuye yo muri kariya gace ku yo yifuza ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zacukura. Agace ka Rubaya kabarizwamo ibirombe byinshi bya Coltan ku Isi, kigaruriwe na AFC/M23 kuva mu kwezi kwa gatanu (Gicurasi) 2024.


