Amizero
Ahabanza Amakuru Imyidagaduro Iyobokamana

Bashingiye ku mirimo n’ibitangaza, Chorale Twishingane bamuritse umuzingo wa mbere [AMAFOTO & VIDEO]

Bashingiye ku mirimo n’ibitangaza Uwiteka agenda akorera abantu be, Chorale Twishingane ikorera umurimo w’Imana ku Itorero rya ADEPR Kabaya, Paruwasi ya Bukane, Ururembo rwa Muhoza mu Mujyi wa Musanze, yashyize ahagaragara umuzingo wayo wa mbere w’amajwi n’amashusho (Video Album Launch).

Nk’uko biri mu mahame fatizo ya ADEPR, mbere yo gukora igikorwa runaka habanza amasengesho. Ibi ngo ni nako byagenze kuri Chorale Twishingane, maze ngo muri aya masengesho Imana ibabwirako iri kumwe nabo kandi ko batagomba gutinya, ngo niko gutegura igiterane batitaye ko ari mu gihe cy’imvura kuko ngo yari yababwiyeko no mu mvura y’amahindu iziyerekana.

VIDEO: Dushingiye by Twishingane Choir

Ku cyumweru tariki 27 Werurwe 2022, niwo wari umunsi nyirizina. Mu myambaro myiza igaragaza ko biteguye koko, Chorale Twishingane yamurikiye abakunzi bayo umuzingo yise “Dushingiye ku mirimo”, maze imbaga yari yitabiriye iwakirana ubwuzu n’ibyishimo ari nako nayo ibahundagazaho amafaranga yo gusubiza aho bakuye no kubaremamo izindi mbaraga bazifashisha bakora izindi ndirimbo.

Mbere gato y’uko Twishingane iseruka ku kibuga kiri hanze y’urusengero ruto rwa ADEPR Kabaya, ijuru ryabaye nk’iritobotse maze rirekura imvura nyinshi, abari aho bamwe batangira gushidikanya ariko abandi kubera kwizera imbaraga z’Imana bati: “muhumure yatubwiyeko iri kumwe natwe kandi ko uyu ari umugisha w’ibyiza tugiye kubonera aha hantu”.

Chorale Ebenezer yo kuri ADEPR Karugira muri Paruwasi ya Gatenga mu Mujyi wa Kigali yari yatumiwe mu kwizihiza ibi birori, yerekanye gukomera kw’Imana maze ibyo Imana yabavuzeho ibyerekanira muri bo, imvura yose ibacikiraho ariko nabo si ukuhakura amasezerano no gusubizwa karahava.

Ibi kandi byanabaye imbarutso y’ibyiza byisumbuye kuri Chorale Twishingane kuko abari aho babonyeko gukorera Imana nta gihombo kirimo kandi ko gukorera Imana nta mikino, maze si ukwitanga barirekura. Bose nk’abitsamuye bati “Dushingiye ko yakoze ibi, natwe tuguze uyu muzingo aya”. Benshi bakaba banakozweho n’amagambo y’umukozi w’Imana, Pastor Munezero, wababwiye ko ‘udahaye agaciro iby’Imana nayo idaha agaciro ibyawe’.

Umuyobozi wa Chorale Twishingane, Alexis Havugimana Wilondja, yavuzeko babonye Imana kandi ko uyu munsi wongeye kuberekako ‘Imana irinda ijambo ryayo’ kandi ikora uko ishatse mu gihe gikwiye. Ati: “Ni ukuri dushingiye ku mirimo n’ibitangaza yadukoreye aha ku kibuga, turahamya ko ari Imana yo kwiringirwa”.

Bari bambaye ubona ko bikwije ari nako banyuzamo bakamwenyura
Mu bwitonzi bategeteje icyo Imana igiye gukora
Umuyobozi wa Chorale Twishingane agaragiwe n’abaririmbyi.
Chorale Twishingane mu myambaro yabo inogeye ijisho
Umushumba wa Bukane, Kazungu Charles niwe wamuritse ku mugaragaro uyu muzingo
Uku niko igitsinagore bari bambaye
Umushumba wa Bukane, Kazungu Charles hamwe n’Umushumba waherekeje Chorale Ebenezer
Abaterankunga ba Chorale Twishingane
Abashumba mu byubahiro byabo bareba uko abantu babyinira Imana
Ebenezer Choir ADEPR Karugira ntibakanzwe n’imvura

Related posts

U Rwanda rwungutse abasirikare kabuhariwe bari bamaze iminsi 300 mu myitozo idasanzwe [AMAFOTO].

N. FLAVIEN

Arsenal yabatijwe na Manchester City biyiganisha mu manga yo gutakaza icyubahiro.

N. FLAVIEN

Kigali: Pasitoro wo muri Restoration Church yatawe muri yombi ashinjwa gushaka kwica umugore.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777