Amizero
Amakuru Amakuru mashya Imikino

Abakanyujijeho muri Volleyball b’i Karongi bahuye na bagenzi babo b’i Rusizi bibukiranya ibyiza bya Siporo

Ikipe y’umukino w’intoki (Volleyball) y’abakanyujijeho (Veterans) bo mu murenge wa Bwishyura, Akarere ka Karongi bahuye na bagenzi babo bo mu murenge wa Gihundwe, Akarere ka Rusizi mu ntara y’Iburengerazuba, biyibutsa ibihe byaranze ubuto bwabo maze mu mukino wa gicuti Ikipe ihagarariye Umurenge wa Gihundwe itsinda amaseti 3 kuri 1 Ikipe ihagarariye Umurenge wa Bwishyura.

Uyu mukino wari uryoheye ijisho wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Ukuboza 2025, mu mujyi wa Kamembe aho wabonaga ko buri ruhande rwifuza insinzi ariko aka wa mugani ngo ababurana ari babiri umwe aba yigiza nkana, biza kurangira abanya Rusizi batsinze, bamwe bati koko burya inkoko iri iwayo ishonda umukara, abandi bati twatsinzwe turushwa, abandi nabo bongeraho ko n’urugendo rw’amasaha hafi ane rushobora gutuma batsindwa.

Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa WWW.AMIZERO.RW, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwishyura, bwana Nsengiyumva R. Songa wari wajyanye n’ikipe yo mu murenge ayoboye, yashimangiye ko imikino ari ingenzi kuko ishimangira umubano mwiza, igakurura ubusabane biganisha ku kwimakaza umuco w’amahoro no kwidagadura muri rubanda.

Yagize ati: “Guhura gutya tugakina nk’abakanyujijeho mu mukino w’intoki (Volleyball) ni byiza cyane kandi byashimishije benshi kuko icya mbere ni ugushyiraho umubano hagati y’Umurenge wacu wa Bwishyura n’Umurenge twakinnye wa Gihundwe no kurushaho kwigiranaho no guteza imbere siporo.”

Yagize kandi icyo abwira abaturage muri ibi bihe by’iminsi mikuru. Ati: “Reka mbonereho nsabe abaturage bacu kwirinda gutwarwa n’iminsi mikuru hirindwa gusesagura, tuzirikana ko nyuma y’iyo minsi ubuzima bukomeza. Abaturage bakomeze babane neza, basabane, iminsi mikuru ngaruka mwaka ijye iba umwanya wo kwikorera isuzumabikorwa bagezeho no guhiga ibindi bikorwa by’iterambere bifuza kugeraho.”

Iyi kipe yo mu murenge wa Bwishyura (Karongi Veteran Volleyball Team) yaherekejwe na bamwe mu bafatanyabikorwa barimo: Future Supermarket Ltd, Bethanie Hotel, Ingabo Service Solution, My Sol, na Sanlam Alianz, kuko nabo ngo basanga Siporo ari ubuzima ndetse ikaba ihura cyane n’akazi ka buri munsi bakora.

Wari umukino w’ubusabane no kuganira ku iterambere ry’Igihugu mu mikino ndetse n’ibindi bikorwa muri rusange.
Ikipe ihagarariye Umurenge wa Bwishyura muri Karongi hamwe n’abafatanyabikorwa bayiherekeje.
Ikipe ihagarariye Umurenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi yatsinze iya Karongi amaseti 3 -1.

Related posts

Goma-Rubavu: Iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ryateye bamwe guhunga.

N. FLAVIEN

Perezida Kagame asanga ‘abantu bagufi’ badakwiye guhezwa mu Gisirikare cy’u Rwanda.

N. FLAVIEN

U Rwanda rugiye kwakira abandi barimu baturutse muri Zimbabwe

NDAYISHIMIYE Libos

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777