Amizero
Ahabanza Amakuru Ikoranabuhanga Imyidagaduro

Umunyarwandakazi Furaha Appoline ari guhatana mu irushanwa rya “Miss Culture International” [VIDEO].

Umunyarwandakazi Furaha Appoline Dusingizimana ukomoka mu Mujyi wa Kigali, ahatanye n’abandi ba nyampinga baturuka mu Bihugu bigera kuri 33 hirya no hino ku Isi, mu irushanwa rya Miss Culture International.

Uyu mwari wo ku Kimisagara, yize Biology Chemistry na Geography mu mashuri yisumbuye, kuri ubu yiga Igiforomo (Nursing) muri Kaminuza.

Mu kiganiro kirambuye yagiranye na Amizero Rwanda TV, yahishuye ko atewe ishema no guhagararira u Rwanda kandi ko hamwe n’abanyarwanda, yiteguye kwegukana iri rushanwa. Ati: “Icyo mbasaba ni uko mwantora munyuze kuri link maze mukanyongerera amahirwe, nkazagera mu cyiciro cya nyuma”.

TORA MISS FURAHA APPOLINE UNYUZE KURI:

https://pageantvote.net/pageants/1492/contestants/7224

Uyu mukobwa udakunda kuvuga menshi, agaragaza ko akunda cyane abana ndetse ngo akaba akunda ukuri n’icyiza aho kiva kikagera.

Mu byo yanga, ngo yanga akarengane, ikinyoma n’ibindi byose bimeze nkacyo ngo akaba abyanga urunuka.

Ku bijyanye n’ibikunze kuvugwa muri iyi minsi bijyanye n’umuco nyarwanda ukomeza kwangirika, avuga ko hari ababifata uko bitari kuko ngo umuco ukura. Ati: “Yego hari abafata imico yo hanze bakayizana hano, ugasanga umuntu ashaka kwigana naka kandi atazi impamvu akora ibyo akora, ariko nanone natwe ntitwakomeza nk’uko twahoze kuko niba twarambaraga impuzu, uyu munsi twambara imyenda, urumva ko umuco wakuze”.

REBA IKIGANIRO CYOSE TWAGIRANYE NA MISS FURAHA APPOLINE:

Gutora muri iri rushanwa rya Miss Culture International biri gukorerwa kuri murandasi, byatangiye tariki 01 Ukwakira kugeza tariki 30 Ukwakira 2021. Nyuma yo gutora, abahize abandi bazajya muri Afurika y’Epfo, tariki 28 Ugushyingo 2021 kugeza ku ya 04 Ukuboza 2021 ari nayo tariki yo gusoza (Final) maze ikamba ribone nyiraryo.

Miss Furaha mu kiganiro n’itangazamakuru.
Miss Furaha ni umukobwa ucisha macye.
Miss Furaha afite imisatsi miremire y’umwimerere (Natural hair)

Related posts

Rubavu: RDF yarashe umusirikare wa FARDC arapfa abandi babiri bafatwa mpiri.

N. FLAVIEN

Gasabo: Umukarani w’ibarura yashumurijwe imbwa ubwo yari agiye kubarura mu bakire.

N. FLAVIEN

Ihohoterwa ry’abakozi bayo ryatumye Kenya Airways ihagarika ingendo zerekeza i Kinshasa.

N. FLAVIEN

1 comment

Paccy Cheeter October 17, 2021 at 6:57 PM

Uyu mwari arashoboye rwose 🙏 byonyine ukuntu asubiza birerekana ko yitonda kandi afite umuco !!! Ntabwo asamara nka bamwe b’ubu !!! Courage mukobwa wacu reka tugutore ugerageze amahirwe.

Reply

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777