Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwamaze amatsiko abakunzi b’umupira w’amaguru. Kuri uyu wa Kane tariki ya 21. Uru rwego rushinzwe gutegura shampiyona rwatangaje ko iy’uyu mwaka w’imikino 2025-2026, izatangira ku wa 12 Nzeri 2025, ikarangira ku ya 24 Gicurasi 2026.
Rwanda Premier League ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga baje kugira bati: “Gutegereza bishizweho akadomo.” Iyi shampiyona yakabaye imaze iminsi itandatu itangiye ikaba yarigijwe inyuma, igomba gutangira mu kwezi gutaha kwa Nzeri n’ubwo bimeze bityo ariko ntihazwi igihe umukino w’Igikombe kiruta ibindi (Super Cup) uzabera.
Icyahamijwe ni uko uyu mukino wo utakibaye mbere nk’uko byari bisanzwe. Uretse hano mu mu Rwanda, n’ahandi usanga uyu mukino ari wo ufungura umwaka w’imikino. Umuyobozi wa Rwanda Premier League, Jules Karangwa yagarutse ku byo kuba nta tariki yerekanwe uyu mukino uzaberaho mu kiganiro yagiranya na SK FM.
Jules Yagize ati: “Twahisemo gutangiza shampiyona tariki 12 Nzeri 2025, kuko niyo dufite mu nshingano aka kanya. Naho umukino wa Super Cup uzategurwa kandi ukinwe hagati muri shampiyona.”
“Birumvikana ko kuba iyo deribi (derby) itabashije kuba mbere ya shampiyona, biba byavuye mu bihe bisanzwe byagiye mu bihe bidasanzwe. Icy’ingenzi ni uko nibura ikinwa. Ntabwo nabura no kubabwira ko hashize n’igihe haganirwa ku buryo bw’imikinire ya Super Cup ku buryo itajya ikinwa umukino umwe.”
Ikipe ya APR FC kandi amahirwe menshi ni uko izatangira shampiyona nyuma y’izindi kipe bitewe n’Irushanwa rya CECAFA Kagame Cup. Iri rushanwa APR FC igomba kwitabira rizatangira tariki ya 02 Nzeri risozwe tariki ya 15 Nzeri 2025, hazaba hashize iminsi itatu shampiyona itangiye.