Abana 450 bakomoka mu miryango y’impunzi z’Abanye-Congo bacumbikiwe mu Nkambi ya Nyarushishi, mu Karere ka Rusizi, bahawe inkingo z’mbasa n’iseru mu rwego rwo kurwanya izo ndwara zifata cyane abana bato.
Dr. Manirumva Bonaventure, ushinzwe ubuvuzi mu muryango ALIGHT ukorera muri iyi nkambi, yatangaje ko iki gikorwa kigamije gukingira abana batarigeze bahabwa urukingo mu gihugu bakomokamo.
Ababyeyi bitabiriye iki gikorwa bagaragaje ko bishimiye cyane kubona abana babo bakingirwa. Bavuze ko bari bafite impungenge z’uko bazahura n’indwara zaterwa no kutakingirwa, kuko mu gihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo inkingo zitabageragaho neza kubera umutekano muke.
Kuva ku itariki ya 3 kugeza ku ya 5 Ukuboza 2025, Akarere ka Rusizi kagaragaza ko kamaze kwakira impunzi 1,222 z’Abanye-Congo zinjiye mu Rwanda zinyuze ku mupaka wa Bugarama. Izi mpunzi zaturutse mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aho imirwano ikaze yongeye kubura hagati y’ingabo za Leta ya Congo n’umutwe wa M23.
Ubuyobozi bw’akarere buvuga ko bufatanyije n’inzego z’ubuzima n’abafatanyabikorwa, bukomeje gufasha izi mpunzi kubona serivisi z’ibanze zirimo iz’ubuvuzi no gukingirwa kugira ngo barindwe indwara z’ibyorezo.


