Ubushinjacyaha bukuru bw’u Bubiligi buri mu iperereza rigamije gutahura inkomoko y’amafaranga ari kuri konte z’abo mu muryango wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo.
Byatangajwe n’ikinyamakuru Africa Intelligence gikora inkuru zicukumbuye kuri Afurika, kivuga ko kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2025 ibiro by’umushinjacyaha mukuru biri gukora iperereza ku byaha bishinjwa abo mu muryango wa Tshisekedi birimo kunyereza umutungo n’iyezandonke.
Nk’uko iki kinyamakuru kibisobanura, Ubushinjacyaha bukuru bw’u Bubiligi bwasabye banki kubuha uburenganzira kugira ngo bwinjire muri konti z’abo mu muryango wa Tshisekedi barimo umugore we, Denise Nyakeru, abavandimwe ba Tshisekedi n’abana be.
Kwinjira muri konti z’abo mu muryango wa Tshisekedi byafasha ubushinjacyaha bukuru kumenya amafaranga bohererejwe n’aho yaturutse cyangwa ayo bohereje n’ayo yaturutse. Ni ho bwashingira bwemeza niba barakoze ibyaha cyangwa niba ari abere.
Komisiyo ya RDC ishinzwe kurwanya ibinyuranyije n’amategeko mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro (CNLFM) yakoze iperereza, isanga koko hari abasivili barimo abanyamahanga, abasirikare n’abapolisi bijanditse mu bucukuzi n’ubucuruzi butemewe n’amategeko bw’amabuye bo muri Grand-Katanga.
Tariki ya 28 Ukwakira 2025, Minisitiri w’Ubutabera muri RDC, Guillaume Ngefa, yasabye Ubushinjacyaha gukurikirana abantu bose CNLFM yagaragaje ko bakorera mu birombe byo muri Grand-Katanga binyuranyije n’amategeko, ariko ntiyatangaje amazina yabo.
Ni mu gihe sosiyete sivili n’amashyirahamwe y’abacukuzi b’amabuye y’agaciro byo muri Grand-Katanga, bimaze igihe byinubira uburyo ibirombe byo mu ntara zirimo Lualaba na Haut-Katanga bikoreshwa n’abo mu muryango wa Tshisekedi.
Abagize iyi miryango n’amashyirahamwe babwiye itangazamakuru ko kugira ngo uyu mutungo kamere usahurwe nta nkomyi, abarimo murumuna wa Tshisekedi witwa Christian Tshisekedi bohereje mu birombe abasirikare bo mu mutwe w’ingabo zirinda abayobozi bakuru (GR) kugira ngo babe ari bo babirinda.


