Prophet Joshua n’abandi bane bari bafunganywe barekuwe n’ubushinjacyaha bw’u Rwanda by’agateganyo bategekwa kujya babwitaba buri cyumweru ndetse n’ibindi binyuranye.
Kuri uyu wa 30 Ukuboza 2025 nibwo Prophet Joshua n’abo bari bafunganywe barekuwe nyuma y’iminsi irindwi Ubushinjacyaha bushyikirijwe dosiye yabo.
Prophet Joshua areganwa n’abandi bantu bane barimo uwitwa Mbabazi Winny, Niyigena Deborah, Murekatete Alice na Umutesi Salima Linda aho bari batawe muri yombi ku wa 19 Ukuboza 2025.
Mbabazi Winny, Niyigena Deborah, Murekatete Alice na Umutesi Salima Linda bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu giteganwa n’ingingo ya 221 y’itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusanga.
Urukiko ruramutse rubahamije iki cyaha rwabahanisha igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 1Frw ariko itarenze miliyoni 3Frw.
Heradi Sefu Josué wiyita Prophet Joshua we akurikiranyweho ibyaha bibiri ari byo kudasobanura inkomoko y’umutungo no kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu.
Itegeko rigena ko uhamijwe icyaha cyo kudasobanura inkomoko y’umutungo, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi ariko kitarenze imyaka icumi n’ihazabu yikubye inshuro eshatu ariko zitarenze eshanu z’agaciro k’umutungo adashobora kugaragaza aho yawukuye mu buryo bwemewe n’amategeko.


