Amizero
Ahabanza Amakuru Hanze Politike Ubukungu Umutekano

Perezida Xi Jinping yabwiye Joe Biden ko ababajwe n’intambara yo muri Ukraine.

Perezida Xi Jinping w’Ubushinwa yabwiye Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubwo baganiraga kuri video, ko ababajwe n’intambara yo muri Ukraine yatangijwe n’Uburusiya buvuga ko buharanira ubusugire bwabwo.

Mu kiganiro cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Werurwe 2022 hifashishijwe ubuhanga bwa Video, cyamaze hafi amasaha abiri, kikaba cyabaye muri gahunda ya Amerika yo gukomeza gukumira ko Ubushinwa bwafasha Uburusiya mu ntambara burimo muri Ukraine.

Aba bategetsi bakomeye ku Isi bagisoza ikiganiro, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa yahise isohora itangazo, isobanura ko Perezida Xi yabwiye mugenzi we Biden ko “ababajwe n’intambara”.

Yagize ati: “Umubano hagati y’Ibihugu ntugomba kugera ku rwego rwo kurwana. Intambara nta n’umwe igirira inyungu. Iyo muri Ukraine ni ikintu kidakwiye tutari dukwiye kuba turimo tureba.”

Mbere gato y’uko iki kiganiro gitangira, umuvugizi wa Perezida Biden, Jen Psaki, yari yabwiye abanyamakuru ko umukuru wa Leta zunze ubumwe za Amerika yari kubaza uw’Ubushinwa “impamvu atamagana igitero cy’Uburusiya kuri Ukraine, n’impamvu Ubushinwa bukwirakwiza ibyo Uburusiya buvuga kuri iyi ntambara.”

Yateganyaga kandi kumubwira ko Ubushinwa buzahura n’ingaruka zikomeye niburamuka bufashije Uburusiya. Amerika yemeza ko ifite amakuru afatika ko Ubushinwa bwaba buteganya guha Uburusiya inkunga ya gisirikari n’iy’imari. Ariko Ubushinwa burabihakana nk’uko tubikesha Ijwi rya Amerika.

Intambara Uburusiya bwagabye kuri Ukraine imaze ibyumweru bitatu kuko yatangiye tariki 24 Gashyantare 2022. Kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Werurwe, yinjiye mu cyumweru cyayo cya kane.

Baganiriye hakoreshejwe Uburyo bwa Video
Iyi ntambara imaze gusenya byinshi mu bikorwaremezo bya Ukraine

Related posts

Ubushukanyi bukomeye bwifashisha amashusho y’ubwambure burakataje mu bakiri bato.

N. FLAVIEN

GS Byumba Catholique imaze imyaka 83 irerera u Rwanda n’Isi ikomeje kuba ‘nkore neza bandebereho’.

N. FLAVIEN

Argentine y’igihangage Lionel Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777