Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya yashimye itorwa rya Mojtaba Khamenei nk’umutegetsi mushya w’ikirenga wa Iran anemera ubufasha bwa Moscow kuri Tehran.
Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga rwa Kremlin (ibiro bya Perezida w’Uburusiya), Putin yagize ati: “Akira ubutumwa bwanjye bw’ishimwe ku gutorerwa kuba umutegetsi w’ikirenga wa Repubulika ya Kislamu ya Iran”
Putin yavuze ko ashimangira “ubufasha buhoraho kuri Tehran no kwifatanya n’inshuti zacu z’abanya-Iran”, ndetse abizeza ko azakomeza kuba “umufatanyabikorwa wo kwizerwa”.
Asa n’ubwira Khamenei, Putin yagize ati: “Muri iki gihe Iran irimo guhura n’ibitero by’ubushotoranyi, ibikorwa byawe muri uyu mwanya wo hejuru nta gushidikanya ko bizasaba ubutwari bukomeye n’ubwitange”.
Yongeraho ati: “Nizeye ko uzakomeza mu cyubahiro umurimo wa so kandi ugakomeza kunga ubumwe bw’abanya-Iran imbere y’iki kibazo gikomeye”.
Uburusiya ni umufatanyabikorwa ukomeye wa Iran kandi mu byumweru bicye mbere y’uko Iran iterwa na Amerika na Israel, ibyo bihugu byombi byari byakoze imyitozo ihuriweho y’ingabo zirwanira mu mazi.


