Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike Ubukungu

“Mushore imari mu ntara y’Amajyaruguru kuko hari ibyiza byinshi mutasanga ahandi”: Guverineri Maurice.

Ubwo yatangizaga ku mugaragaro imurikagurisha ngarukamwaka ryateguwe n’Urugaga rw’Abikorera, PSF mu ntara y’Amajyaruguru, Guverineri Mugabowagahunde Maurice, yashimiye inzego zitandukanye zikomeje gukora ibishoboka ngo iri murikagurisha rikomeze kugenda neza, asaba abashoramari baturutse hirya no hino kuza gushora imari mu ntara y’Amajyaruguru kuko ngo hari amahirwe adapfa kuboneka ahandi mu gihugu.

Muri uyu muhango wabereye muri Stade Ubworoherane iri mu mujyi wa Musanze kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kanama 2024, bwana Maurice kandi yashimiye abacuruzi b’imbere mu gihugu bakomeje kumurika ibikorwa byabo, agaruka no ku banyamahanga nabo bitabiriye iri murikagurisha rya 2024, ashimira cyane abo mu
bihugu bya Misiri, Turukiya, Sudani, Ghana, Tanzania n’abandi, avuga ko “tuzabigiraho byinshi ndetse nabo bakazagira ibyo batwigiraho byinshi”.

Yagize ati: “Ndashima Perezida wa Repubulika Paul Kagame waduhaye umutekano usesuye tukaba ducuruza nta nkomyi. Ndashishikariza abashoramari baturuka hanze y’Amajyaruguru gushora imari muri iyi ntara kuko ari ahantu habereye ishoramari bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo ikirere cyiza batapfa kubona ahandi, ni Intara ikora ku mipaka ku buryo ifaranga rihari, hari ibyiza karemano bikurura ba mukerarugendo, hari kandi abakozi bashoboye batiganda, tukaba tubizeza ubufatanye ku buryo imari yabo itazahungabana”.

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera, PSF mu ntara y’Amajyaruguru, madame Mukanyarwaya Donatha, nawe yashimye ubufatanye bw’inzego zitandukanye bwatumye iri murikagurisha ritangira neza n’ubwo ngo bagize ikibazo cy’umuriro mucye mu gihe cyo gutangira, gusa ngo REG ikaba ikomeje gukora ibishoboka ngo bikemuke. Yavuze ko ubwitabire buri hejuru ugereranyije n’uko babiteganyaga, akomeza asaba abaturage ko bakitabira ku bwinshi kuko hakiri iminsi bakirebera ibyiza bikorerwa iwabo n’ahandi maze bakihahira.

Bamwe mu bikorera baganiriye n’umunyamakuru wa WWW.AMIZERO.RW, bamugaragarije ko kumurika ibyo bakora ari byiza cyane kuko bibafasha kumenyana n’abandi, gusa ngo uyu mwaka hagaragayemo inenge nyinshi zirimo umuriro mucye wanatumye hari abahise bazinga utwabo bagataha, ibiciro by’aho gukorera biri hejuru, kuri ibi hakaniyongeraho ko ngo ryakurikiranye neza n’iryabereye i Kigali abantu ntibabone akanya na gato ko kwitegura, ibyatumye hari n’abaretse kuza ku munota wa nyuma.

Imurikagurisha nk’iri ryaherukaga mu mwaka wa 2019 kuko umwaka wakurikiyeho wa 2020 hahise haduka icyorezo cya Covid-19 ibikorwa byose bihuriza abantu hamwe birahagarara, binatuma n’indi myaka yakurikiyeho ritaba kuko abikorera bari bakirwana n’ingaruka z’iki cyorezo. Kuri iyi nshuro, ryatangiye tariki 16 Kanama 2024, rikazasoza tariki 26 Kanama 2024.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru ari kumwe n’Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera muri iyi ntara bafunguye ku mugaragaro imurikagurisha ryo mu ntara rya 2024.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi aganira na Sina Gérard (Nyirangarama), mbere gato yo gufungura ku mugaragaro iri murikagurisha.
Abayobozi mu nzego zitandukanye bari bitabiriye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro imurikagurisha ryo mu ntara rya 2024.
Ubwiza bw’ahabera imurikagurisha muri Stade Ubworoherane iri rwagati mu mujyi wa Musanze.
Imurikagurisha mu ntara y’Amajyaruguru ryaherukaga kuba mu mwaka wa 2019.

Related posts

Gakenke: Umuyobozi w’abajyanama b’ubuzima yafatiwe mu cyuho asambana n’umwarimukazi.

N. FLAVIEN

Musenyeri wa Canterbury yihanangirije bagenzi be muri Uganda kudakurikiza itegeko rihana ubutinganyi.

N. FLAVIEN

Menya uko ibisasu rutura bya ‘Himars’ Amerika igiye koherereza Ukraine bikora.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777