Imirwano ikaze cyane ikomeje guhuza ingabo za Leta ya Congo, FARDC n’abanyecongo bavuga ikinyarwanda, M23 ikomeje gufata indi sura, M23 ikaba ikomeje kwigarurira ibice, ahavugwa cyane akaba ari ahitwa Ntamugenga.
Iyi ntambara ikaze yaberaga mu mujyi wa Ntamugenga, uhererereye muri Rutshuru, yongeye gukara kuko kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022 izi nyeshyamba zafashe uyu Mujyi nyuma yo kuwirukanamo FARDC yo yemeje ko yawuvuyemo mu rwego rwo kwirindako hapfa abasivile benshi.
Ibi byabaye mu mirwano yabaye ku munsi w’ejo ubwo ingabo za Leta FARDC zahanganaga n’izi nyeshyamba, bikarangira zifashe aka gace ka Ntamugenga gafitiye akamaro gakomeye uyu mujyi wa Rutshuru usanzwe ari wo murwa mukuru w’iyi Teritwari ( chef-lieu )
Leta ya Congo yamaze kwemeza aya makuru gusa FARDC ikaba yavuze ko yavuye muri Ntamugenga mu rwego rwo kurengera abasivile yirinda ko bashoboraga gupfa ari benshi. Mu itangazo ryo ku cyumweru nijoro ariko, FARDC yari yatangaje ko “imirwano ikomeje” kandi ko “ibintu birimo kugenzurwa n’ingabo za Leta ku ngamba zose”.
Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP byo bivuga ko umusirikare w’ingabo za Leta witwa Colonel Mavinga Serge yivugiye ko inyeshyamba za M23 zafashe agace ka Ntamugenga.
Ntamugenga ni agace karimo umuhanda mukuru uhuza umujyi wa Rutshuru n’umujyi wa Goma, mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, hafatwa nk’agace k’ingenzi muri uru rugamba.
Gufatwa kwa Ntamugenga rero nk’inzira imwe rukumbi ihuza imijyi ibiri yo muri Kivu y’amajyaruguru ni ugutsindwa gukomeye kuri izi ngabo za Leta zikomeje kwemeza ko Atari M23 iri kurwana ko ahubwo ari ingabo z’u Rwanda zidasanzwe zinjiye ku butaka bwabo ndetse ngo n’iza Uganda.