Amizero
Ahabanza Amakuru Politike

Kwibohora28: Uko umunsi wo kwibohora wagenze mu Karere ka Rubavu mu mafoto 28.

Tariki 04 Nyakanga 1994, Tariki 04 Nyakanga 2022; imyaka 28 irashize ingabo za RPA, zari iza RPF Inkotanyi zihagaritse Jenoside yakorewe abatutsi, zikabohora u Rwanda. Kuri ubu ahari icuraburindi hari ibikorwa by’iterambere, ari nayo mpamvu mu Karere ka Rubavu bahisemo kwizihiza uyu munsi barata ibikorwa byagezweho mu nzego zitandukanye, ibirori byabereye kuri Stade Umuganda, kimwe mu bikorwa nabyo bigaragaza kwigira no kwibohora kw’abanyarwanda.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, bwana Kambogo Ildephonse, ashimangira ko “kwibohora birenze ibi byiza byose tubona kuko bifite igisobanuro kirenze”. Ati: “Murabona byibuze hafi muri buri Kagari dufitemo ivuriro, amashuri, imihanda, amazi meza n’ibindi byinshi. Ntabwo byapfuye kwizana, kandi birerekana urwego rwiza. Dukomeze duhuze imbaraga zacu, tubyaze umusaruro aya mahirwe, turusheho kwiyubakira Igihugu turushaho kukigira cyiza kurusha uko twagisanze, uko niko kwibohora nyako”.

Mu birori byo kwizihiza ku nshuro ya 28 Umunsi mukuru wo kwibohora, mu Karere ka Rubavu, hahembwe ingeri zitandukanye bitewe n’ibyakozwe ku rugero rw’ubudashyikirwa mu miyoborere myiza. Hahembwe Imidugudu itatu ari yo Rubaji yo mu Kagari ka Burinda, Umurenge wa Rubavu, Umudugudu wa Mirindi, Akagari ka Mirindi, Umurenge wa Mudende n’Umudugudu wa Bugeshi, mu Murenge wa Bugeshi.

Hahembwe kandi Utugari dutatu twahize utundi mu miyoborere myiza ari two: Nkomane ko mu Murege wa Kanama, Nengo ko mu Murege wa Gisenyi na Mirindi  ko mu Murenge wa Mudende, hanahembwa kandi Umurenge wa Kanama nk’Umurenge wahize indi yose igize Akarere ka Rubavu. Umukozi w’Akarere ka Rubavu wahembwe nk’indashyikirwa ni madame Nyirabagenzi Athanasie usanzwe ari Assistant to the Mayor.

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, Major General Alex Kagame, yavuze ko ku munsi nk’uyu hibukwa byinshi kuko ngo tariki nk’iyi mu 1994 hari hashojwe ikivi ariko hanatangiye ikindi ari nacyo gikomeye cyo kubaka Igihugu kikagera ku iterambere ryifuzwa. Yashimiye byimazeyo Umugaba w’Ikirenga, Nyakubahwa Perezida Paul Kagame wayoboye urugamba akabasha kubohora Igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, kuri ubu Isi yose ikaba ikomeje gutangazwa n’ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 28 gusa. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Kwibohora isoōko yo kwigira.

Band ya VJN yasusurukije imbaga yitabiriye bati “abanyarwanda twaribohoye u Rwanda ruragendwa ijoro n’amanywa”.
Abacuruzi b’ahazwi nko kuri UNAMA bati “twambariye gutsinda kandi turi abatsinzi kuko ntidutsindwa”.
Turakomeje kandi turarinzwe.
Abanyeshuri ba TTC GACUBA bigira kuzaba abarimu bati “uwahirahira gusenya ibi byose ntibyamugwa amahoro”.
Stade Umuganda nayo ni kimwe mu bigaragaza kwibohora no kwigira.

Nyarubande hafi y’umupaka bati “turiga, tukigisha ariko umutekano ni nyambere”.
Nyiricyubahiro Musenyeri wa Diyoseze Gatorika ya Nyundo ati “Imana iri kumwe natwe ntiduteze guhungabana”.
Mayor wa Rubavu agaragiwe n’abungiriza be babiri iburyo n’ibumoso ati “duhora turi maso”.

Turacyari ba bandi bashobora kujya mu ndaki tugakora akazi kose. ‘Asante sana Afande wetu’.
Major General Alex Kagame uyobora Ingabo/Western Province.
Ishuri ry’Abadivantisiti rya Gisenyi mu karasisi ka JA bagaragaje ko bibohoye.
Mu ntero imwe, aba bayobozi bati twaribohoye, u Rwanda ruragendwa ijoro n’amanywa.
Mwarakoze nkotanyi. Natwe turakotana duharanira kuzusa ikivi.
Bato batari gito.
Abana bo ku Ishuri ry’Ubumenyi rya GISENYI, bati ubumenyi ni inkingi ya mwamba mu kwibohora.
Umuyobozi wa Police mu Karere ka Rubavu (DPC), ati turi tayali.
DASSO nabo bati mwarakoze bakuru bacu. Natwe ntituzabatetereza.
Mu kanyamuneza, intambwe imwe batabusanya, bishimira ko bibohoye.

Imyitozo y’abakorobate ba VJN nayo yerekanye kwibohora nyako.
Akarasisi kari kanogeye ijisho.
Abatwara abantu n’ibintu ku magare bazwi nk’abanyonzi nabo bari babukereye.
Ifoto y’urwibutso ku bahembwe bose hamwe n’abayobozi bakuru bari kumwe na Nyiricyubahiro Musenyeri wa Diyoseze Gatorika ya Nyundo.
Bari bacyeye ku mibiri, ku myambaro no ku mitima.
Ibyishimo byari byose ku babyeyi babyaye bagaheka abitangiye Igihugu.

AMAFOTO: AMIZERO MEDIA GROUP Ltd

Related posts

Rulindo: Impanuka ya bisi yavaga i Kigali yerekeza i Rubavu yahitanye benshi.

Muntu Clarisse

Ndagijimana Juvenal, Umwuzukuru wa Rukara rwa Bishingwe wishe umuzungu yitabye Imana.

N. FLAVIEN

Mukansanga Salima yanditse amateka mu mupira w’amaguru muri Afurika.

N. FLAVIEN

1 comment

UWASE Vital July 5, 2022 at 10:36 AM

Amakuru yose uko yakabaye urayaduhaye urakoze cyane

Reply

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777