Igisirikare cy’u Rwanda cyungutse abasirikare bashya binjiye mu ngabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gashyantare 2022, nyuma yo gusoza imyitozo y’ibanze mu kigo cya Gisirikare cya Nasho.
Aya masomo yari amaze amezi 11, abayahawe bakaba baragaragaje ubushobozi bubemerera kwinjira mu ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’abasirikare bato, nk’uko biri muri gahunda zifasha ingabo z’u Rwanda guhora ziri maso nk’uko zabihaweho umurongo n’Umugaba w’Ikirenga, Perezida Paul Kagame.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura wayoboye uyu muhango yahaye ikaze abasirikare bashya anabashishikariza kubahiriza indagagaciro n’amategeko ngengamyitwarire ya RDF.
Yagize ati: “Mwinjiye mu muryango mwiza. RDF izwiho indangagaciro zirimo gukunda Igihugu, ikinyabupfura n’umurava. Mukunde, mukorere Igihugu cyanyu murinda n’abagituye. Ndabashishikariza guhora ku isonga mu nshingano zose muzahabwa”. Yabibukije kandi ko bagomba guhora biteguye kuba bahabwa inshingano zo kubungabunga amahoro no hanze y’imbibi z’Igihugu, muri Afurika no hanze yayo nk’uko tubikesha Igihe.
Umuhoza Yvette uri mu banyeshuri bitwaye neza, yatangaje ko mu byamubashishije harimo gukurikiza amabwiriza yahawe. Ati: “Niteguye gukoresha ubumenyi nakuye hano mu gushyira mu nshingano zanjye zo kurinda igihugu no kurushaho kunoza umwuga wanjye”.





Photos: RBA