Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Imikino

FC Barcelona yasubije Marc-Andre Ter Stegen igitambaro cy’ubu Captain yari yamwambuye.

Ku wa Kane w’iki cyumweru tugana ku musozo ni bwo ikipe ya FC Barcelona yatangaje koyahagaritse Marc-Andre ter Stegen by’agateganyo ku mwanya wo kuyobora bagenzi be. Uyu mugabo w’umudage ukinira iyi kipe kuva mu 2014, nyuma yo gukora ibyo ikipe ishaka yasubijwe igitambaro cyo kuyobora bagenzi be.

FC Barcelona yasohoye itangazo rihagarika uyu muzamu ryagiraga riti: “FC Barcelona iramenyesha ko bitewe n’iperereza ku myitwarire idahwitse riri gukorwa kuri Marc-André ter Stegen, hanakomeza gushakishwa umuti w’ikibazo mu buryo burambye, ikipe ifatanyije n’itsinda ry’ubuyobozi mu bya tekinike, bwanzuye ko Marc-André ter Stegen ahagaritswe by’agateganyo ku gukomeza kuyobora bagenzi be. Muri iki gihe inshingano zigomba gufatwa na Ronald Araujo wari umwungiriza we.”

Uyu mukinnyi washinjwaga kwanga gutanga ibyangombwa by’ibizamini bya muganga ku mvune ye kugira ngo abakinnyi barimo Joan García, Szczesny, Gerard Martín, Héctor Fort, Bernal, Rashford, Roony Bardghji na Oriol Romeu babashe kwandikishwa yaje kubitanga.

Gutanga izi mpapuro zerekana ko azamara amezi agera kuri ane, bizatuma ikipe ikoresha 80% bye nk’umukinnyi udahari, n’ubwo ntacyo bizahungabanya ku mushahara we. Nyuma y’uko atanze ibi byangombwa, FC Barcelona yahise imusubiza igitambaro cyo kuyobora bagenzi be.

Mbere y’uko iyi kipe isohora itangazo rimusubiza igitambaro, hari ubutumwa Stegen yari yabanje gutanga ku bafana  ba FC Barcelona agira ati: “Mu mezi atambutse sinari norohewe na gato, haba mu buryo bw’umubiri no mutwe. Ikindaje ishinga ni ukugaruka mu kibuga ngafasha ikipe.”

“Umwanzuro w’ukuri ni uko kujya kubagwa byakozwe n’abaganga bikemezwa n’ikipe, mu rwego rwo kumfasha mu rugendo rwa njye. Ibintu byinshi byose byavuzwe nti byari byo. Ndashaka kubabwira ko abakinnyi bose basinyishijwe n’abongereye amasezerano byabaye mbere y’ibagwa”.

“Ntibyumvikana rero uko imvune yanjye ari yo gukoresha handikwa abandi. Nagerageje kuba umunyamwuga no kubaha. Birasobanutse kandi niteguye gufatanya n’ubuyobozi hagakemurwa ibiri ibibazo bihari.”

FC Barcelona nayo mu itangazo yasohoye ikimusubiza yagize iti: “Ikipe iramenyesha ko Marc-André ter Stegen yamaze gusinya ku mpapuro za raporo ya muganga zigomba kujyanwa muri La Liga ku bijyanye n’ibagwa rye. Ibibazo by’imyitwarire yari akurikiranyweho byakuweho ndetse anasubizwa igitambaro cyo kuyobora bagenzi be bo mu ikipe ya mbere.”

Related posts

Urupapuro rw’uko wakingiwe COVID 19: Uburyo rukumbi bwo kongera gukora neza

N. FLAVIEN

Nyagatare: Yishe umugore we n’abana babiri arangije nawe ariyahura.

Muntu Clarisse

Tanzania: Perezida Samia Suluhu yakingiwe Covid-19 asaba Abatanzania bose nabo kwikingiza.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777