Amizero
Ahabanza Amakuru Hanze Politike

Afuganisitani iri mu nzira zo kwegukanwa n’Abatalibani ishobora kuzaba indiri y’iterabwoba

Mu rukerera rwo kuri iki cyumweru indwanyi z’Abatalibani zasesekaye mu nkengero z’umurwa mukuru Kabul. Ni nyuma yo gufata indi mijyi yose ikomeye, aho kugeza ubu Leta yari isigaye icunga gusa Kabul. Mu murwa mukuru kandi bimwe mu bihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatangiye gufunga ambasade, ikimenyetso simusiga ko Abatalibani begereje gutsinda intambara.

Kalakan, Qarabagh na Paghman nitwo duce izi ndwanyi zigaruriye mbere yo kwerekeza mu murwa mukuru Kabul. Iki cyumweru cyaranzwe n’intambara y’inkundura hagati y’Abatalibani n’ingabo z’igihugu zari zifashijwe na kajugujugu z’intambara za Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ariko Abatalibani bakaba barakomeje kuba ibamba.

Ku rundi ruhande ariko, Ibiro Ntaramkuru by’Abafaransa byatangaje ko Abatalibani bavuze ko batifuza kumena amaraso mu gufata umurwa mukuru Kabul. Hari kandi n’amakuru avuga ko Leta ya Afaganisitani yiteguye kwegurira ubutegetsi Abatalibani nta yandi mananiza. Abahagarariye Abatalibani bikaba byitezwe ko bashobora kuza gutangira ibiganiro n’ubuyobozi bwa Afaganisitani ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru.

Kuba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatangiye guhungisha abakozi ba Ambasade yabo muri Afaganisitani byabaye nk’igisebo kuri iki gihugu kuko hari hashize icyumweru kimwe gusa Perezida Joe Biden avuze ko ibyabaye muri Vietnam muri 1975 bitazasubira muri Afaganisitani.

Mu gihe Abatalibani baba bashoboye kwigarurira ubutegetsi muri Afaganistani hari impungenge ko iki gihugu cyahita gihinduka indiri y’iterabwoba, dore ko umuyobozi w’Abatalibani aherutse kubwira ikinyamakuru CNN ko bafite icyizere ko igihe kizagera isi yose ikagendera ku mahame akakaye y’idini ya Islam. Uyu muyobozi kandi yavuze nta kiri kubihutisha, ko ahubwo bazakomeza kurwana icyo we yita Intambara Ntagatifu kugeza ku munota wa nyuma.

Related posts

Rubavu: Umusirikare wa FARDC yarashwe n’abasirikare b’u Rwanda arapfa.

N. FLAVIEN

DR Congo: Batatu baguye mu gikorwa kigayitse cyo guhohotera MONUSCO.

N. FLAVIEN

Leta zunze Ubumwe za Amerika zagabye igitero cya mbere ku ngoma ya Biden.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777