Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Kwamamaza Ubuzima

Umugenzi wavaga i Kigali yapfiriye mu modoka ya International bimenyekana bageze i Musanze.

Umusore witwa Ndikubwimana Janvier yapfiriye mu modoka itwara abagenzi ya International yari ivuye mu mujyi wa Kigali yerekeza i Rubavu kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Werurwe 2025, bimenyekana ubwo yari igeze muri Gare ya Musanze mu majyaruguru y’u Rwanda.

Iyi nkuru mbi yamenyekanye ahagana mu ma saa saba z’amanywa (13h00), ubwo bamwe mu bagenzi bagombaga gusigara i Musanze barimo bavamo, batungurwa no kubona umwe mu bari bayirimo agaragaza ibimenyetso by’umuntu wapfuye, bamwegereye ngo bashishoze neza basanga yashizemo umwuka kare.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza, yemeje amakuru y’urupfu rw’uyu muntu, ati: “Mu makuru twamenye tuyabwiwe na se, ni uko uwo musore yari amaze ukwezi arwariye mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK. Bari baramubaze kubera uburwayi bwo mu nda yari amaranye iminsi.”

SP Mwiseneza yakomeje agira ati: “Ubwo rero mu kumusezerera ngo ajye kurwarira mu rugo iwabo i Rubavu mu murenge wa Nyamyumba aho basanzwe batuye, bateze iyo Bisi ya International, bikaba bishoboka ko yayipfiriyemo ubwo bari mu nzira. Iperereza ku cyateye urupfu ryahise ritangira.”

Umurambo w’uyu musore wakuwe muri iyi modoka ujyanwa mu bitaro bikuru bya Ruhengeri kugirango hakorwe isuzuma hamenyekane impamvu nyayo yaba yateye uru rupfu bamwe mu babibonye bise amayobera kuko ngo bitumvikana neza ukuntu umuntu wari wicaranye n’abandi yapfuye ntihagire n’umwe ubimenya.

Ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025, n’ubundi Bisi ya International yavaga i Kigali yerekeza i Rubavu yakoze impanuka ikomeye ubwo yari igeze hafi yo ku Kirenge mu karere ka Rulindo, icyo gihe abasaga 20 bahasize ubuzima abandi barakomereka bamwe bakaba bakiri mu bitaro n’ubwo hari abamaze koroherwa bakajya mu rugo.

Bisi ya Kampani ya International yapfiriyemo umugenzi bikamenyekana bageze i Musanze.

Related posts

Hezbollah yongeye kurasa ibisasu byinshi ku butaka bwa Israel.

N. FLAVIEN

Myugariro wa APR FC Mutsinzi Ange yerekeje mu Bubiligi

N. FLAVIEN

Ibitero bya FARDC ku Banyamulenge byateje impungenge n’impaka zikomeye.

KALISA

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777