Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike Umutekano

M23 yahaye gasopu Leta ya DR Congo ko nta bubasha n’ubushobozi ifite bwo kuyikura aho yafashe.

Ubuyobozi bwa AFC/M23 bwibukije Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko nta bubasha ndetse n’ubushobozi ifite bwo kubatsimbura mu bice bo bita ko bamaze kubohora, bakihanangiriza Leta ya Kinshasa ko ninabigerageza izirengera ingaruka zizakurikiraho.

Itangazo ryashyizweho umukono na bwana Lawrence Kanyuka ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru muri AFC/M23 rigira riti: “Turayibutsa [Guverinoma ya Kinshasa] ko idafite ububasha n’ubushobozi bwo kudutsimbura mu bice twabohoye. Nibigerageza izirengera ubwayo ingaruka zikomeye bizayigiraho.”

Muri iri tangazo ryasohotse ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 01 Gashyantare 2025, AFC/M23 yibutsa ko igikomeye ku mugambi wayo w’ibiganiro by’imbonankubone bizira imbereka hagati yayo na Leta ya Kinshasa bisubiza byimbitse impamvu muzi z’iyi ntambara kugira ngo amahoro arambye aboneke.

AFC/M23 itangaje ibi mu gihe imaze Icyumweru yigaruriye umujyi wa Goma nyuma y’imirwano ikomeye yahuje abakomando b’uyu mutwe bari bahanganye n’abakomando ba Leta ya Kinshasa bafatanyije n’abacanshuro bo ku mugabane w’i Burayi, ingabo za SADC (Tanzania, Afurika y’Epfo na Malawi) ukongeraho n’abasirikare b’abarundi ndetse na FDLR bumvaga ko ntawabakura muri Goma.

Urugamba rwo kubohora Goma (Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru) ntirwatinze nk’uko abantu babikekaga kuko rwamaze amasaha macye bitewe n’uko ingabo zirwana ku ruhande rwa Kinshasa zisanze zazengurutswe na M23 biba ngombwa ko zikiza amagara n’ubwo hari bamwe bagerageje kwihagararaho ariko bagahura n’akaga.

Corneille Nanga uyobora AFC ibarizwamo na M23 yatangaje ko nyuma yo gufata Goma bakurikijeho urugamba rufunguye rukuraho ubutegetsi bwa Kinshasa.
Umujyi wa Goma wababaje cyane Kinshasa ndetse n’amahanga kuko bumvaga ko M23 itawufata kubera ibihumbi by’ingabo byari biharunze.

Related posts

Polisi ya Afurika y’Epfo irahigisha uruhindu abishe abantu 18.

N. FLAVIEN

Icyatumye igiciro cy’isukari kigabanyuka ku isoko ry’u Rwanda cyamenyekanye.

N. FLAVIEN

Amavubi asubiriye Central Africa ayinyagira 5-0 (Amafoto)

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777