Amizero
Ahabanza Amakuru Politike Umutekano

M23 irasatira Umujyi wa Goma, bamwe batangiye guhunga berekeza iya Sake.

Intambara ihuje Ingabo za Leta ya Congo, FARDC n’Umutwe wa M23 ikomeje guca ibintu, kuri ubu M23 ikaba isatira Umujyi wa Goma, byatumye abaturage batangira guhunga.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Ugushyingo 2022, amakuru yakomeje gucicikana ku mbuga nkoranya mbaga z’abanyekongo batuye muri Goma, bamwe bakangurira bagenzi babo kwihuta bagatangira kuzinga ibyabo bagahunga uyu Mujyi kuko ngo M23 n’abambari bayo bayiri hafi cyane.

Aba baturage, bakomeza bavuga ko igikomeje kubatera ubwoba ari imirambo myinshi y’abasirikare ba FARDC baguye ku rugamba bishwe na M23 iri kuzanwa mu kigo cya Gisirikare cya Katindo ikuwe ahari kubera imirwano mu bice bya Kibumba.

Aha muri Kibumba, hamaze iminsi igera kuri ine hari intambara ikomeye, aho bivugwa ko FARDC ku bufatanye na FDLR bari bubatse urukuta rukomeye, aho bumvaga ko bashobora gukumira M23 ntigere muri Goma, ibintu byatumye habera imirwano ikomeye ariko ku gicamunsi cy’uyu wa Kabiri M23 ikaba yasenye uru rukuta maze abasirikare ba Leta bayabangira ingata, nyuma gato FDLR nazo ziriruka.

Aba baturage bemeza ko umutwe wa M23 ukomeje gusatira Umujyi wa Goma ndetse ngo uri hafi yo kwigarurira Gurupoma ya Kibumba yose yegereye uyu Mujyi neza bikaba bikomeje gutuma bumvako bagenda inzira zikigendwa.

Aba baturage kandi bakomeza bavuga ko bari kubona abasirikare ba FARDC benshi baza muri uyu Mujyi biruka basa nk’abataye urugamba nk’ikimenyetso cy’uko M23 ikomeje kubotsa igitutu kandi ko ishobora kuba iri mu marembo ya Goma isaha iyo ari yo yose imirwano ikaba yakwimukira muri uyu Mujyi.

Ibi byatumye benshi mu batuye Umujyi wa Goma batangira guhunga muri uyu mugoroba berekeza ahitwa Sake, abandi bajya mu cyerekezo cya Bukavu mu gihe hari na bacye bamaze kugera mu Rwanda abandi bakaba bari mu myiteguro yo gukuramo akabo karenge nk’uko tubikesha Rwandatribune.

N’ubwo umuvuduko wa M23 mu cyerekezo cy’amajyepfo wasaga nk’uwagabanyijwe mu bice bya Kibumba, biravugwa ko M23 ifite imbaraga zidasanzwe ku buryo ngo isaha ku isaha yafata Goma ndetse ngo ikaba yanakomeza no mu bindi bice.

Impunzi zatangiye guhunga ari nyinshi muri Goma no mu nkengero zaho.
Ingabo za Leta ya Congo, FARDC zacitse intege ku rugamba aho zari zimaze iminsi zihagararaho i Kibumba.
Hari amakuru yavuzwe ko ubwo Kenyatta yari amaze kugenda, Lt Gen Constant Ndima yaba yasabye kajugujugu ya MONUSCO ngo imukure mu Mujyi wa Goma.

Related posts

APR FC yasinyishije Mamadou wakiniraga Ikipe yo muri Tunisie.

N. FLAVIEN

DR Congo: Col Mike Mikombe wo mu ngabo zirinda Tshisekedi yakatiwe urwo gupfa.

N. FLAVIEN

Masisi: M23 yakinagije FARDC n’abayifasha yigarurira ibice byinshi.

N. FLAVIEN

1 comment

Willy Jackson Habumugisha November 15, 2022 at 10:58 PM

Ibintu Ntibyoroshye pe!

Bwana Flavien wubahwe uri Mukazi KOSE.

Reply

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777