U Rwanda rwafashe icyemezo cyo kongera gutanga Madamu Louise Mushikiwabo nk’Umukandida wo gukomeza kuyobora Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) muri manda ya gatatu.
Biteganywa ko uzakomeza kuyobora uyu muryango azamenyekanira mu nama ya 20 ya OIF itegerejwe kubera i Phnom Penh muri Cambodge mu mezi 10 ari imbere.
Nk’uko byashimangiwe na Jeune Afrique, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yabigarutseho mu kiganiro aho yanakomoje ku bibazo by’umutekano muke mu karere k’ibiyaga bigari.
Manda ya kabiri ya Madamu Mushikiwabo nk’Umuyobozi wa OIF irasoza muri uyu mwaka ari na yo mpamvu kandidatire zatangiye gutegurwa kugeza mu mpera za Mata.
Madamu Louise Mushikiwabo, yongeye gutorerwa kuyobora uyu Muryango mu 2022 muri manda ya kabiri aho yari umukandida rukumbi kuri uwo mwanya.
Kuri iyi nshuro hari andi mazina yatangiye guhwihwiswa ko bashobora kuzahatana barimo na Michaëlle Jean wo muri Canada yasimbuye kuri uwo mwanya mu mwaka wa 2018.
Abandi bivugwa ko bashobora kuzahangana mu matora ni Augustin Nze Nfumu wo muri Guinée Equatoriale.
Ku wa 12 Ukwakira 2018, ni bwo Louise Mushikiwabo yatorewe bwa mbere kuyobora OIF muri manda y’imyaka ine, mu nama nkuru ya Francophonie yabereye i Yerevan muri Armenia, yongera gutorerwa gukomeza izi nshingano muri Ugushyingo 2022.

