Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Hanze Politike Trending News Umutekano

Iran: Imyigaragambyo imaze gutwara ubuzima bw’abarenga 6100

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika watangaje ko abantu 6.126 bamaze kwicirwa mu myigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi bwa Iran, mu gihe abarenga 41.800 batawe muri yombi.

Uyu muryango uvuga ko iyo mibare ishobora kuba iri hasi ugereranyije n’ukuri, bitewe n’uko Leta ya Iran yakuyeho internet, bigatuma kugenzura no kwemeza imibare y’abishwe bigorana. Abaharanira uburenganzira bwa muntu bagaragaje ko hari ubwoba bukomeye ko umubare w’abapfuye ushobora kuba urenze uwatangajwe.

Iyi mibare iteye inkeke itangajwe mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze kohereza ubwato bwazo bukomeye bw’intambara, USS Abraham Lincoln, mu Burasirazuba bwo Hagati, hafi ya Iran. Icyo cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kwagura ubushobozi bwo kwirinda no kuba Amerika yakwitabara mu gihe byaba ngombwa.

Imyigaragambyo yatangiye ishingiye ku bibazo bikomeye by’ubukungu, birimo itakazagaciro rikabije ry’ifaranga rya Iran, aho nibura miliyoni 1,5 z’ama-Rial ya Iran angana n’idolari rimwe rya Amerika. Abaturage bigaragambyaga basabaga ko ubutegetsi bukemura ibibazo by’imibereho mibi, ndetse bamwe batangira gusaba impinduka mu miyoborere igihe ibyo bibazo byaba bititaweho.

Perezida wa Amerika, Donald Trump, yari yatangaje ko Iran ikomeje kwica abigaragambya, Amerika ishobora gutabara abaturage. Ubwato USS Abraham Lincoln, bwari buherekejwe n’ibindi bikoresho bya gisirikare birimo ibisenya misile, bwageze muri ako karere ku mabwiriza y’ubuyobozi bw’ingabo za Amerika.

Ku rundi ruhande, ubutegetsi bwa Iran bwakoresheje imbaraga mu guhashya imyigaragambyo, buvuga ko abayitabiriye ari “abanzi b’igihugu”, bituma bamwe bicwa abandi bagafungwa. Leta ya Iran kandi yashinje Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel kuba ari zo zihishe inyuma y’izo mvururu, ivuga ko zigamije guhungabanya umutekano w’igihugu.

Ni inkuru ikomeje gukurikirwa n’amahanga, mu gihe umwuka mubi hagati ya Iran na Amerika ukomeje gufata indi ntera.

Related posts

Breaking news: Seif Niyonzima Olivier yerekeje muri AS Kigali

N. FLAVIEN

Uganda: Umuhanzi Olisha yitabye Imana yitegura kwibaruka

Muntu Clarisse

Bamwe mu bakinnyi bahawe amakarita atukura bazira kwihagarika mu kibuga.

KALISA

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777