Igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel (Prix Nobel/Nobel Peace Prize) cyo muri uyu mwaka wa 2025, cyahawe Marie Corina Machado, usazwe atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Nicolas Maduro wa Venezuela aho guhabwa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wahoraga aririmba kuzagihabwa.
Komite ishinzwe gutanga iki gihembo (Nobel Peace Prize) muri Norvege, yatangaje ko hari abakandida 338 batoranyijwe bagombaga guhatanira igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel cyo muri uyu mwaka wa 2025. Ivuga ko muri abo; 244 ari abantu ku giti cyabo, mu gihe 94 batanzwe n’Imiryango. Aba bakaba barimo Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump na Elon Musk w’umuherwe kuri ubu utajya imbizi na Trump.
Iki gihembo mpuzamahanga nk’uko bisanzwe, cyashyizweho hakurikijwe ubushake bwa Alfred Nobel, kikaba cyaratanzwe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025, mu mujyi wa Oslo muri Norvege.
Machado yahawe iki gihembo kubera ibikorwa bye bidacogora biteza imbere uburenganzira bwa muntu no kwisanzura muri demokarasi ku baturage ba Venuzuela no kurugamba rwe rwo kugera ku nzira iboneye kandi y’amahoro yo kuva mu butegetsi bw’igitugu yerekeza kuri demokarasi.
Machodo yavukiye muri Venezuela mu mwaka wa 1967. Yigeze kuba umwe mu bagize inteko ishinga amategeko ya Venezuela kuva mu 2010 kugeza mu 2014, ari nabwo yirukanwaga kuri uwo mwanya n’ubutegetsi bwa Nicolas Maduro.
Mu 2023, yatangaje kandidatire ye mu matora y’umukuru w’Igihugu ya 2024 yo muri iki gihugu cye, ariko bigaragara ko yabujijwe kwiyamamaza ahitamo gushyigikira kandidatire ya Edmundo Gonzalez.

