Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike Umutekano

General Jeff Nyagah wayoboraga Ingabo za EAC muri DRC yeguye kubera impamvu zikomeye.

Umunya Kenya Major General Jeff Nyagah wayoboraga Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu Burasirazuba bwa DR Congo, EACRF yeguye kubera ibyo yise ‘igitutu akomeje gushyirwaho n’abayobozi ba DRC’ ku buryo atari acyizeye umutekano we cyangwa ngo ingabo ayoboye zibashe gusohoza ubutumwa.

Abinyujije mu ibaruwa ndende, General Jeff Nyagah yagejeje ubwegure bwe ku Munyabanga Mukuru wa EAC, Peter Mathuki, kuri uyu 27 Mata aho yagaragaje ko yeguye kubera umutekano we utifashe neza na gato muri iki Gihugu cy’amahanga.

Maj Gen Jeff Nyagah mu ibaruwa yandikiye Umunyamabanga Mukuru wa EAC, yagize ati: “Nishimiye kukumenyesha ko neguye mu butumwa kubera impungenge zikomeye z’umutekano wanjye ubangamiwe, na gahunda zateguwe zigamije kuburizamo ubushake bwose bwa EACRF”.

Maj Gen Nyagah avuga ko habayeho kuvogera umutekano we, ku buryo aho yari atuye mu ntangiriro za Mutarama 2023 hoherejwe abacanshuro bakahashyira ibikoresho byumviriza, bahagurutsa za drones ndetse bakahagenzura ubwabo, ku buryo byatumye ahimuka, hanakomeza umugambi wacuzwe neza wo kumuharabika n’ingabo ze, ko badashaka kurwanya Umutwe wa M23.

Ibi kandi ngo bihuzwa n’uko Guverinoma ya DR Congo yakomeje gusaba ko ubuyobozi bw’izi ngabo bwajya busimburanwaho buri mezi atatu, ibintu ngo bitateganyijwe mu masezerano ashyiraho uyu mutwe, hakaniyongeraho ko mu minsi ishize hafunzwe konti ya Facebook ya EACRF, ibintu izi ngabo zivuga ko bigamije kuzica intege.

Uyu muyobozi w’Ubutumwa bw’ingabo za EAC muri DR Congo yeguye mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa bumaze iminsi bushyira mu majwi izi ngabo ko zananiwe kurwanya M23, mu gihe zo zivuga ko zahawe amabwiriza yo gufasha ngo uyu mutwe uhagarike imirwano, ubashe gushyikirana na Guverinoma.

Mu gihe ibyo byari bikigeragezwa, Umutwe wa M23 wakomeje kuva mu duce wari warigaruriye, ariko n’ubwo babikoze, Perezida Félix Tshisekedi Tshilombo akaba aherutse kuvuga ko badashobora kuganira na M23, ndetse ko “niba ari abanye-Congo nk’uko babivuga”, bagomba gushyira intwaro hasi bakajyanwa mu kigo bateguriwe, bagasubizwa mu buzima busanzwe nta yandi mananiza.

Perezida Félix Tshisekedi yavuze ko ibyo nibirangira, nta mpamvu EACRF yaguma muri DR Congo, nyamara ku rundi ruhande, M23 nayo ikaba yarahise isubiza ko niba nta biganiro, nabo badateze gushyira intwaro hasi.

Maj Gen Jeff Nyagah weguye ku buyobozi bwa EACRF yari aherutse gutangaza ko atemera ibyo kohereza M23 muri Sabyinyo.

Related posts

Batunguwe no kubona Ishyaka ryari rimaze imyaka 58 ku butegetsi ritsindwa amatora.

N. FLAVIEN

Rubavu: Urubyiruko rwagaragaje imbogamizi mu mishinga yagenewe kuruteza imbere

N. FLAVIEN

Abana basaga 1300 bari barataye ishuri mu Karere ka Ruhango bamaze kurisubiramo.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777