Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Ubukungu

Gakenke: Abaturage biciwe amatungo n’inyamaswa bahumurijwe bizezwa ubufasha.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke mu ntara y’Amajyaruguru butangaza ko inyamaswa ziherutse kwirara mu matungo magufi y’abaturage mu murenge wa Muhondo zikicamo icumi zigiye gutegwa kugirango zitazagira ahandi zikora ayo mahano, abahombejwe nazo bo ngo bakazashumbushwa vuba bidatinze.

Mu kiganiro kigufi yagiranye na WWW.AMIZERO.RW, Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, madamu Mukandayisenga Vestine, yavuze ko inyamaswa zishe amatungo y’abaturage ari imbwa. Ati: “Inyamaswa zishe amatungo y’abaturage ni imbwa z’agasozi, kuri ubu hafashwe ingamba zo kuzitega twirinda ko hari andi matungo y’abaturage zakongera kwica”.

Meya Mukandayisenga kandi yizeza abaturage biciwe amatungo magufi n’izi mbwa z’ibihomora ko mu gihe cya vuba ubuyobozi bwiteguye kubashumbusha. Ati: “Abaturage bacu bahumure kuko mu minsi micye iri imbere, bitarenze ibyumweru nka bibiri tuzabashumbusha”.

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 23 Ugushyingo 2024, ni bwo izi nyamaswa zari ziswe inkazi ziraye mu matungo magufi y’abaturage zica agera ku icumi mu murenge wa Muhondo mu karere ka Gakenke.

Ibi bintu byari byateye abaturage ubwoba byabereye mu mudugudu wa Kabuga, Akagari ka Huro, Umurenge wa Muhondo Akarere ka Gakenke mu masaha y’umugoroba ahagana saa kumi n’imwe ubwo hagwaga imvura maze izi nyamaswa zirara muri ayo matungo magufi zica ihene umunani n’intama ebyiri.

Aya matungo yishwe n’izi mbwa z’ibihomora, ni amatungo magufi y’abaturage batatu bari bayaziritse ku musozi aho yarishaga, maze ubwo bajyaga kuyacyura bagwa mu kantu basanze yose arambaraye hasi yapfuye.

Ubwo twandikaga iyi nkuru twabonye amakuru yemeza ko izi mbwa z’ibihomora zishe amatungo magufi y’abaturage mu murenge wa Muhondo zamaze gutegwa zikaba zapfuye kuko ngo n’ubwo nazo ari ibinyabuzima bigomba kwitabwaho ariko zari zibangamiye ituze rya rubanda ku buryo ngo nta yandi mahitamo yari ahari uretse kuzitega zigapfa.

Izi mbwa z’ibihomora zategewe mu mudugudu wa Kabuga, Akagari ka Huro, Umurenge wa Muhondo, Akarere ka Gakenke aho zicuye aya matungo akaba ari naho nazo zaguye. Amakuru yizewe akaba yemeza ko kuri ubu zamaze gutabwa hirindwa ko zabangamira abaturage ndetse zikangiza n’ibidukikije.

Hafi y’umuhanda mugari Kigali – Musanze ngo hakunze kugaragara imbwa zizerera zitazwi aho zakomotse, bikaba bivugwa ko rimwe na rimwe iyo imbwa zananiye abakire b’i Kigali cyangwa ngo bashaka kwimuka badashaka kuzijyana, bazipakira imodoka bagera ahantu runaka bakazirekura bakigendera.

Izi mbwa ngo zihita zijya mu giturage zikabaho zihishahisha ari nazo zirara mu matungo ndetse ngo zidasize n’abaturage. Imirenge yegereye uyu muhanda munini ngo ikaba ikunze kugaragaramo bene ibyo bibazo.

Izi mbwa z’ibihomora zari zarazengereje abaturage zamaze kwicwa.
Izi mbwa z’ibihomora zari zarazengereje abaturage muri aka gace.
Imbwa z’agasozi zishe amatungo y’abaturage mu murenge wa Muhondo zatezwe zirapfa.
Meya Mukandayisenga Vestine uyobora Akarere ka Gakenke yijeje ababuze amatungo magufi ko bazashumbushwa vuba bidatinze/Photo Internet.
Ba nyiri aya matungo bagiye kuyacyura basanga ni uku byagenze/Photo Internet.

Related posts

Abakoresha WhatsApp, Facebook na Instagram batunguwe no kwisanga zahagaze.

N. FLAVIEN

Gakenke: Umusozi wa Kabuye wafatwaga nk’imanga wahinduwe nyaburanga usurwa ubutitsa.

N. FLAVIEN

Bamporiki Edouard yakatiwe gufungwa imyaka ine n’ihazabu ya Miliyoni 60 Frw.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777