Nangaa yashyize hanze ubu butumwa bwo kwamagana muri rusange ibitero ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ririmo ingabo z’u Burundi rikomeje kugaba ku basivili no ku birindiro bya AFC/M23.
Uyu munyapolitiki yasabye umuryango mpuzamahanga n’inzego zo muri Afurika gukoresha ubufasha zifite mu gukumira umwuka mubi ushingiye ku moko ushobobora gukwirakwira mu karere no gutabara abari mu kaga.
Leta y’u Burundi yohereje ingabo muri RDC hashingiwe ku masezerano ibihugu byombi byagiranye, yari agamije kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo iy’Abarundi nka RED Tabara, FNL-Nzabampema na FOREBU.
Impamvu zajyanye ingabo z’u Burundi muri RDC zariyongereye, zitangira kwifatanya n’iz’Abanye-Congo mu kugaba ibitero mu bice bituwe n’Abanyamulenge muri teritwari ya Uvira, Fizi na Mwenga, cyane cyane muri Komini ya Minembwe.
Ingabo z’u Burundi kandi zimaze igihe zarafunze inzira zihuza abatuye muri Minembwe n’amasoko ndetse n’amavuriro biri mu bindi bice.


