Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Imyidagaduro Ubukungu

Amajyaruguru: Baravuga ko iminsi iri gutinda ngo bamurikire Isi yose ibyo bamaze kwigezaho.

Mu gihe hasigaye iminsi ibarirwa ku ntoki ngo mu mujyi w’ubukerarugendo wa Musanze habere imurikagurisha (MINI-EXPO), abaturage baratangaza ko babona iminsi iri gutinda kugirango bagaragarize Isi yose ibyo bamaze kwigezaho babikesha Igihugu cyiza cyuje umutekano ndetse giha amahirwe buri wese. Iyi Expo ngo ikaba ari n’andi mahirwe yo guhaha ibintu byiza badahenzwe, kandi bakanidagura mu buryo butandukanye.

Imurikagurisha riheruka (iryabaye muri Kanama 2024), ryarangiye abaturage bakirinyotewe, kubera ibyishimo ryatanze ku bantu b’ingeri zose. Ni imurikagurisha ryagaragayemo udushya turimo: amafarashi yatanze umunyenga muri Stade Ubworoherane, ibicuruzwa byiza ku bacuruzi bo mu Rwanda n’abanyamahanga, imikino y’abana (imyicundo), n’ibitaramo by’abahanzi bakomeye, byari bibereye bwa mbere mu mujyi wa Musanze mu gihe cy’iminsi 10 yikurikiranya.

Imurikagurisha ry’uyu mwaka rije abatuare barinyotewe kuko bizeye ko naryo rizabaha ibyishimo bisendereye kandi biruta iby’ubushize. Amakuru yatangajwe n’ubuyobozi bw’Urugaga rw’abikorera mu ntara y’Amajyaruguru, avuga ko iyi EXPO izatangira tariki 19 Kanama 2025, igasozwa tariki 31 z’uku kwezi, aho na none izaba ifite akarusho ko kugira abamurika bavuye hirya no hino ku Isi kugeza no ku bakora bakanacuruza imodoka.

Umujyi wa Musanze ukomeje gutera imbere cyane, ibituma ba mukerarugendo bawukunda kuko babona usa nk’iwabo neza.

Bamwe mu baturage baganiriye n’umunyamakuru wa Amizero Media batuye mu mujyi wa Musanze no mu nkengero, bemeza ko iminsi iri kubatimdira kuko ngo bazi icyo EXPO ivuze kuri bo ndetse ngo by’umwihariko ku bana babo babona amahirwe yo kwidagadura bitabasabye kubajyana mu bindi bice. Bemeza ko bazigamye amafaranga yo kuzifashisha bahaha ibicuruzwa byiza kandi bihendutse, abanyeshuri nabo bakazidagadura kuko bari mu biruhuko.

Umujyi wa Musanze ugiye kuberamo iri murikagurisha ry’Intara y’Amajyaruguru, ni Umujyi uri kwaguka vuba cyane ndetse ukaba uzamurwamo inzu zigezweho umunsi ku munsi, ibigaragarira mu nyubako z’amagorofa y’ubucuruzi akomeje kuzamurwa, amahoteri, imihanda myiza n’imiturire iteye imbere.

Amwe mu mafoto yerekana uko byari byifashe umwaka ushize:

Abamurika baba baturutse imihanda yose bakereye kwerekana ibyo bakora.
Guverineri Mugabowagahunde Maurice ari mu bariye umunyenga ku ifarashi yo kuri Nyirangarama.
Bamwe mu bayobozi bari kumwe n’umushoramari Sina Gérard udashobora kubura muri iri murikagurisha mu bikorwa bye bizwi nka “Nyirangarama”.
Abaturage bitabira imurikagurisha ku bwinshi ariko bikaba akarusho ku rubyiruko ruba rwishakira imyidagaduro.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru ku bufatanye n’Urugaga rw’abikorera muri iyi ntara mu bufatanye buteza imbere Igihugu.

Related posts

Amerika yazamuye igitinyiro cya Kenya ku ruhando mpuzamahanga.

N. FLAVIEN

Indege yari igemuriye intwaro abarwanyi ba TPLF yahanuwe.

N. FLAVIEN

Dr Sabin Nsanzimana yagizwe Minisitiri w’ubuzima asimbuye Dr Ngamije.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777