Amizero
Ahabanza Amakuru Imyidagaduro Iyobokamana

ADEPR Jenda: Chorale Sion yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Bolamu’ yahujwe n’igihe [VIDEO]

Chorale Sion ikorera umurimo w’Imana ku Itorero rya ADEPR Jenda, yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Bolamu’, yasubiwemo igahuzwa n’igihe (Remix) kuko iya mbere hari hashize igihe kinini ikozwe.

‘Bolamu’ bishatse kuvuga ‘Ubwiza, wavuga ‘Bolamu na yawe’ ukaba uvuze “Ubwiza bw’Imana” ni indirimbo yakunzwe cyane bitewe n’uko yaririmbwe bwa mbere, abantu bakibaza niba abayiririmba ari abanyarwanda cyangwa se ari abanyamahanga. Ibi babyibajije bitewe n’ururimi rw’iringara (Lingala) ndetse n’amajwi meza bikunze gukoreshwa n’abavandimwe bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bolamu by Sion Choir ADEPR Jenda

Mu kiganiro na AMIZERO.RW, umuyobozi wa Chorale Sion, Maniriho John, yavuzeko basubiye muri iyi ndirimbo ‘Bolamu’ ku busabe bw’abakunzi bayo, kuko ngo bahoraga babisaba, nabo babona ari ngombwa bagahitamo kuyikora mu ruhererekane rw’izindi nyinshi zizajya zinyura kuri Shene ya YouTube ya ‘Sion Choir ADEPR Jenda’.

Ati: “Mu by’ukuri twayiririmbaga twumva tutisanzuye kuko itari irekuye neza. Igihe yaririmbiwe ni cyera, hari byinshi twaburaga. Kuri ubu rero twagerageje kuyihuza n’umuziki uri live ukozwe n’abacuranzi bacu, amajwi aririmbwe live, ku buryo mbese tuyiririmba irekuye ikarushaho gufasha abantu ugereranyije n’iya mbere”.

Uyu muyobozi kandi yasabye abakunzi ba Chorale Sion ko n’ubwo icyorezo cya Covid-19 cyahungabanyije ivugabutumwa muri rusange, kuri ubu bakataje kandi ngo bakaba bakora ibishoboka ngo ubutumwa bwiza bukomeze bwamamare ku Isi hose, asaba buri wese “kudacibwa intege n’iki cyorezo kuko nacyo ari kimwe mu bikangisho by’umwanzi”.

Umutesi Rwema Nelly uzwi nka Tessy, ni umwe mu baririmbyi bayiririmbyemo ikorwa bwa mbere akaba ari no mu bayiririmbye mu buryo bwa live. Aganira na AMIZERO.RW, yahamije ko ari iby’agaciro kuko ngo kuyiririmba live bituma wirekura ntiwigengesere wibaza ngo ndasubiramo kangahe. Ati: “Rwose kuri ubu ni byiza kuko uraririmba ukaba wazamura imbamutima za benshi bitewe n’uko abo uririmbira bifashe mu gihe mbere twaririmbaga ducunganwa n’uko yari ikoze muri Studio”.

Chorale Sion ADEPR Jenda yatangiye mu 1995, itangira mu mikoro macye, gusa hamwe no gufashwa n’Imana igenda izamuka ku buryo ubu imaze kugira abaririmbyi 100, ikaba kandi ifite Imizingo itatu y’amajwi n’umwe w’amajwi n’amashusho. Mu bihe bya Covid-19 ntibicaye kuko babashije kwigurira ibyuma by’umuziki bya Miliyoni hafi 8 z’amafaranga y’u Rwanda.

Indirimbo ‘Bolamu’ ibimburiye izindi ziri ku muzingo wa Kabiri wa Chorale Sion ADEPR Jenda, aho bahisemo kujya basohora imwe imwe, buri byumweru bibiri, bazinyujije kuri YouTube Channel yabo yitwa “Sion Choir ADEPR Jenda”.

Umuyobozi wa Chorale Sion ADEPR Jenda.
Chorale Sion ADEPR Jenda

Related posts

Perezida Joe Biden wa Amerika yarahiriye guhorera abasirikare 13 b’Igihugu cye biciwe muri Afghanistan.

N. FLAVIEN

Rayon Sports yatsinze Marines FC iyisanze mu rugo.

N. FLAVIEN

Musanze: Gitifu w’Umurenge wa Nyange yasezeye mu kazi ikitaraganya.

N. FLAVIEN

1 comment

UWAMAHORO Esperance March 25, 2022 at 10:53 PM

Wooooow!Well done kbsa,Sion turabakunda Imana mugumane iteka🙏

Reply

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777