Amizero
Ahabanza Amakuru

Abanyamakuru babiri bari bakunzwe kuri RBA basezeye muri iki Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

Abanyamakuru Mbabazi Fiona na Bienvenue Redemptus bari bamaze igihe kinini bakora mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA, basezeye muri iki Kigo, bavuga ko bagiye mu yindi mirimo.

Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 1 Ugushyingo 2021, Mbabazi Fiona wari umenyerewe mu gusoma amakuru mu rurimi rw’Icyongereza, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yatangaje ko yasezeye muri iki Kigo yari amazemo imyaka irenga 11.

Mu magambo ye yagize ati “Yari ibaye imyaka 11 nkora umwuga nkunda, ariko ni igihe cyo gufata akaruhuko nkajya mu bindi bishya. Ndashimira abayobozi banjye banyizeye bakamfasha gutera imbere. Ndashimira abo twakoranye batumye mba uwo ndi we uyu munsi, n’abagiye bankurikira batahwemye kunyereka urukundo.”

Mbabazi yasezeye muri RBA mu gihe hari amakuru yizewe Igihe dukesha iyi nkuru cyamenye, ahamya ko na Bienvenue Redemptus wari umenyerewe mu kuvuga amakuru mu Kinyarwanda nawe yasezeye, bose bivugwa ko babonye indi mirimo mu bindi bigo.

Hari hashize igihe kitarenga amezi abiri na Uwimana Basile wakoraga ibiganiro kuri Televiziyo y’Igihugu asezeye aho ubu asigaye akora muri Minisiteri y’Ibidukikije.

Uwimana Basile/Photo Internet.
Bienvenue Redemptus/Photo Internet.
Fiona Mbabazi/Photo Internet.

Related posts

Kenneth Kaunda wabaye Perezida wa mbere wa Zambia yitabye Imana.

N. FLAVIEN

Perezida Kagame: “Uko bashaka ko nitwara mu kibazo cya DR Congo sinabishobora”.

Muntu Clarisse

Inzobere mu guhangana na Marburg zoherejwe na USA zageze mu Rwanda.

N. FLAVIEN

3 comments

Umuganwa Monique November 2, 2021 at 3:34 PM

Nibagende hazaza n’abandi kandi nabo bazakundwa ndetse kubarusha. Ubwo hari abasenze Imana igiye gusubiza biyicarire muri iyi myanya !!! Cyangwa si ku bushake bwabo hari ikindi kibyihishe inyuma.

Reply
BIMENYIMANA November 2, 2021 at 4:51 PM

Yewe nibajyane ubwo buhanga babubyaze umusariro hejuru niryo shimwe.

Reply
Manene Oscal November 2, 2021 at 5:28 PM

Ubundi iyo uri umuhanga Isi yose iba igushaka. Nabo rero nta kibazo nibajye n’ahandi bagaragaze ubuhanga kuko abakozi bahora bakenewe. Gusa RBA ishobora kuba irimo ikibazo nkurikije ukuntu hari kuvamo abantu benshi. Mu minsi iza tuzamenya ukuri kwabyo kose !!!

Reply

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777