Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike Umutekano

Abahoze ari abarwanyi ba FDLR n’imiryango yabo batahutse bava muri Congo

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Ugushyingo 2025, Abanyarwanda 49 barimo 7 bahoze mu mutwe wa FDLR hamwe n’abo mu miryango yabo 42, batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku bushake bwabo. Iyi gahunda yatewe inkunga n’Umuryango w’Abibumbye binyuze muri MONUSCO.

Aba bahoze mu gisirikare cya FDLR bafashe icyemezo cyo gushyira intwaro hasi no kuva mu bihuru, bishyikiriza MONUSCO mu rwego rwo kwitabira ubusabe bwa Loni busaba imitwe yitwaje intwaro y’abanyamahanga guhagarika ibikorwa byayo no gutaha mu mahoro.

Nyuma yo kuguma iminsi itatu mu kigo cyagenewe kubakira by’agateganyo (centre de transit), bahavuye bambuka umupaka wa Grande Barrière uhuza Goma na Rubavu, aho bakiriwe n’inzego z’u Rwanda kugira ngo batangire urugendo rwo gusubizwa mu buzima busanzwe.

Nk’uko bitangazwa na Radio Okapi, kuva mu kwezi kwa Mutarama 2025, MONUSCO imaze gufasha mu gutahuka kw’Abanyarwanda 149 bahoze muri FDLR, barimo abarwanyi 51 n’abagize imiryango yabo 97.

Ibi bikorwa bigamije gufasha mu kongera amahoro no guhashya imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo, aho iyo mitwe ikomeje guteza umutekano muke n’ihungabana mu karere k’ibiyaga bigari.

Related posts

Gakenke: Abaturage biciwe amatungo n’inyamaswa bahumurijwe bizezwa ubufasha.

N. FLAVIEN

Igisirikare cy’u Rwanda cyungutse abasore n’inkumi bari bamaze umwaka batozwa [AMAFOTO]

N. FLAVIEN

Visi perezida wa Kenya yagaragaje imirongo ya Bibiliya iri kumufasha muri ibi bihe bigoye ari gucamo.

KALISA

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777