Amizero
Ahabanza Amakuru Imikino Imyidagaduro Politike Ubukungu Umutekano

Musanze: Ubufatanye bw’Ingabo z’Igihugu n’abikorera mu kwihutisha iterambere ry’umuturage.

Nk’uko umunyarwanda yabivuze ngo abishyize hamwe nta kibananira, ni nako bikomeje kugenda ku bagize Urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Musanze n’Ingabo z’Igihugu zibarizwa mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, aho bakomeje gukora ibikorwa biteza imbere abaturage yaba abaturiye iri shuri ndetse n’ahandi muri aka Karere kabereye ubukerarugendo.

Umusaruro uva muri ubu bufatanye ushimwa by’umwihariko n’abaturage baturiye Ishuri Rikuru rya Gisirikari (Rwanda Defence Force Command and Staff College) riri i Nyakinama mu Karere ka Musanze, bavuga ko imibereho yabo yahindutse, iterambere rikuhuta babikesha ibikorwa bitandukanye iri shuri rya Gisirikare ribagezaho.

Aba baturage bavuga ko iri shuri ribafasha mu bikorwa bitandukanye bibateza imbere birimo kuboroza amatungo, kubaka ibiraro ku mihanda, kubakira abatishoboye amacumbi ndetse no kubaha akazi ka buri munsi mu mirimo isanzwe ikorwa muri iri shuri.

Mu gushimangira ubufatanye no gushima ibyo bakora, abikorera bo mu Karere ka Musanze, bashimiye Ingabo zo muri iri shuri, babagabira inka nk’ikimenyetso cy’ubucuti n’ubuvandimwe, babashimira ubufatanye mu bikorwa biteza imbere abaturage ndetse n’uruhare rw’Inkotanyi mu kubohora Igihugu, ubu bakaba bakora ibikorwa byabo mu mutekano usesuye.

Umuyobozi w’urugaga rw’abikorera, PSF mu Karere ka Musanze, Habiyambere John, ashima cyane ubu bufatanye kuko ngo kuba abasirikare bakora ibikorwa biteza imbere abaturage, bigaragaza Ingabo zikorera abaturage ngo iyi ikaba imvano yo guhitamo kubagabira inka.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze bwana Ramuli Janvier, nawe ashima cyane uruhare rw’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama mu kwihutisha iterambere ry’Akarere hashingiwe ku baturage barituriye.

Colonel Jean Chrysostome Ngendahimana, Umuyobozi wungirije w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, yavuze ko RDF ari Ingabo z’abaturage, bityo ko hejuru yo kurinda Igihugu hiyongeraho no gufasha abaturage mu bikorwa bibateza imbere mu rwego rwo kurushaho kugira imibereho myiza bishimira Ingabo zabo.

Mu gushimangira imikorere n’imikoranire hagati y’abikorera n’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, kuri iki Cyumweru tariki 19 Gashyantare 2023, habaye umukino w’umupira w’amaguru (Football), abikorera ba Musanze batsinze Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama ibitego 2-1.

Si ubwa mbere habaye ubufatanye hagati y’abikorera b’Akarere ka Musanze n’Ingabo z’Igihugu kuko umunsi ku munsi iyi mikoranire ihoraho ndetse by’umwihariko muri 2019 ubwo abacengezi bagabaga igitero mu Kinigi, abikorera bakaba baragize uruhare runini mu kubahashya bafatanyije n’Ingabo z’Igihugu.

Abikorera bo mu Karere ka Musanze bagabiye inyana y’ishashi Ingabo zibarizwa mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama.
Bwana John (Perezida wa PSF Musanze), Col Chrysostome Ngendahimana (Dy Cmdt RDFCSC), Karake Ferdinand (Umujyanama wa Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru) bishimira Inka yagabiwe Ingabo z’Igihugu.
Inka yagabiwe Ingabo z’Igihugu i Nyakinama yahise ijya mu zindi mu rwuri rutoshye ruri mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama.

Abayobozi bareba umupira w’amaguru wahuje abasirikare bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama n’abikorera bo mu Karere ka Musanze.
Ikipe yakiniye Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama.
Abikorera ba Musanze bibumbiye mu Ikipe y’Umupira w’amaguru.
Lt Col David MUTAYOMBA, Chief Instructor cyangwa se Umuyobozi ushinzwe amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama nawe yaconze ruhago.
Abahawe akazi mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama bishimira ko bibafasha kwiteza imbere.

Related posts

Perezida Kagame yahishuye icyatumye u Rwanda rushyiraho uruganda ruzakora inkingo za Covid

N. FLAVIEN

Amerika yasabye abaturage bayo kuva mu Murwa mukuru wa Ukraine vuba na bwangu.

N. FLAVIEN

M23 yatanze ubutumwa bukomeye kuri Leta ya DR Congo mu gace ka Ntamugenga[VIDEO].

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777