Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike

Perezida Kagame yahumurije abakeka ko AI izabatwara akazi

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahumurije abatekereza ko inkundura y’imikoreshereze y’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) izabasiga badafite akazi, asaba abo ku mugabane wa Afurika kurikoresha neza kuko rishobora kuba imbarutso  y’iterambere ryabo.

yabitangarije mu nama ya Transform Africa Summit(TAS) yiga ku kwihutisha iterambere rya Afurika, yabereye muri Guinée-Conakry kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2025.

Perezida Kagame yagaragaje ko ubwo TAS yaberaga i Kigali bwa mbere mu myaka irenga 10 ishize, byagaragaraga ko iterambere  ry’ikoranabuhanga ryatangiye, kandi ko icyo gihe Afurika yagombaga kuyibyaza umusaruro, igashora imari mu miyoboro ya internet kugira ngo iyifashishe mu kwihutisha iterambere mu bantu.

Yasobanuye ko hashyizweho Smart Africa Alliance kugira ngo ibihugu bya Afurika byifatanye mu rugendo rugana kuri iyi ntego, kandi ko bigizwemo uruhare rukomeye na Lassina Koné uyobora uyu muryango, wagutse ubu ukaba ugizwe n’ibihugu bigera kuri 42.

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika izagera ku ntego yayo mu gihe yakoresha iri koranabuhanga byihuse, ariko ko na byo bizashoboka mu gihe ryazakoreshwa bijyanye n’ibyo uyu mugabane ukeneye kugira ngo ugere ku iterambere rirambye.

Yagaragaje ko Afurika ifite umugisha wo kugira urubyiruko rwinshi, rwumva ikoranabuhanga kandi rufite ubushake bwo kurikoresha mu kwiteza imbere, ariko ko kugera kuri iyo ntego bitinzwa n’icyuho kiri mu ishoramari ry’ibikorwaremezo by’ikoranabuhanga, icy’ubumenyi n’amategeko agenga uru rwego.

Perezida Kagame yashimiye Smart Africa Alliance ku gitekerezo yagize cyo gushyiraho Inama ya Afurika ya AI no gushyiraho ikigega cya AI kuko byombi ari ingenzi mu rugendo rwa Afurika ruyigeza ku iterambere rirambye.

Umukuru w’Igihugu yagaragaje AI iteza impungenge ku hazaza h’umurimo, kubungabunga amakuru bwite n’umutekano, ariko ko muri izo mpungenge harimo izidafite ishingiro, bityo ko Abanyafurika bagomba kwiga kubana n’iri koranabuhanga.

Yagize ati “Iyi si yo nkundura y’ikoranabuhanga ya mbere na nyuma izaba ibaye muri Afurika no ku Isi. Dukomeza kwibutswa ko siyansi n’ikoranabuhanga ari moteri ikomeye yo guhanga ibishya n’imikorere, kandi ntibihari ngo bigire uwo bisimbura.”

Perezida Kagame yamenyesheje abatewe ubwoba n’umuvuduko w’ikoranabuhanga ko iteka iyo haje ibishya, abantu babaho neza kurushaho bityo ko Afurika ikwiye gukoresha neza ibi bihe ikabibyaza umusaruro.

Related posts

U Rwanda rutsinze Mozambique 1-0 rwongera amahirwe yo kwitabira CAN 2022 izabera muri Caméroun.

N. FLAVIEN

Sudan: Ibura ry’ibiribwa n’inzara bikomeje kwiyongera kubera intambara.

N. FLAVIEN

Gakenke: Abaturage biciwe amatungo n’inyamaswa bahumurijwe bizezwa ubufasha.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777