Amizero
Ahabanza Amakuru Politike Ubukungu Umutekano

M23 yatangiye kureshya abifuza gushora imari muri Bunagana.

Umutwe wa M23 watunguye abantu wemeza ko watangiye kureshya abifuza gushora imari mu Mujyi wa Bunagana umaze amezi asaga atatu ugenzurwa n’uyu mutwe.

Umuvugizi wa M23 Ishami rya gisirikare, Major Willy Ngoma avuga ko batangiye gukora uko bashoboye ngo bashake abashora imari muri aka gace bafashe, ndetse ngo ibibazo by’umusoro ntibikwiye gukanga ushaka kuhashora imari kuko azajya agabanyirizwa.

M23 kandi isobanura ko izajya yakira abashoramari bose, kandi ko amafaranga yose umuntu yishyuramo mu bice igenzura yemewe, aho bivugwa ko ifaranga ry’u Rwanda n’Amashilingi ya Uganda ari yo arimo gukoreshwa cyane mu bice byinshi igenzura.

Major Willy Ngoma kandi avuga ko bamaze gushyiraho inzego zisoresha zimaze kumenyera, ndetse ngo biyemeje no gukuraho ibyitwaga komisiyo ku musoro ya 20% yakwaga n’igisirikare cya Leta ya Congo, FARDC ku bakorera ubucuruzi mu Mujyi wa Bunagana nk’uko byanditswe na Rwandatribune.

Umujyi wa Bunagana wagiye mu maboko ya M23 kuwa 13 Kamena 2022 nyuma yo kuwambura ingabo za Leta mu mirwano y’iminsi itatu yabahanganishije.
Hari abavuga ko ibyo M23 irimo gukora, itagamije gukora ubucuruzi ahubwo ari ikimenyetso kigaragariza amahanga ko yasuzuguye ingabo za Leta bahanganye ku buryo Umujyi wa Bunagana watangiye kwita Igihugu mu kindi.

N’ubwo bivugwa gutya ariko, Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DR Congo, bahujwe na Emmanuel Macron w’u Bufaransa bakaba baraye bahuriye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu byo bumvikanye hakaba harimo no gusaba ko M23 yava vuba na bwangu mu bice yafashe, Leta ya Congo ikabona gutangira ibiganiro.

Umuvugizi wa M23, Ishami rya gisirikare akikijwe n’abamurinda
M23 igenzura Bunagana kuva mu kwezi kwa 6 uyu mwaka.

Related posts

Burera: Abashyizwe mu manegeka n’ikorwa ry’umuhanda Cyanika-Butaro baremwe agatima.

Rubavu: Ibiciro byakubiswe hasi ku bazitabira ‘Kivu Beach Festival’ ibazaniye ibyamamare.

N. FLAVIEN

Umuryango w’Abibumbye washimye Perezida Magufuli ku byiza yasize agejeje kuri Tanzania

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777