Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Ibidukikije Iteganyagihe Trending News Ubushakashatsi

Kamonyi: Batunguwe n’inkangu yatwaye imirima yabo nta mvura yaguye.

Abaturage bagera kuri 25 bo mu kagari ka Kigusa, Umurenge wa Nyarubaka, Akarere ka Kamonyi, Intara y’Amajyepfo batunguwe no kubyuka bakabona inkangu idasanzwe yabatwariye ubutaka n’imyaka kandi nta mvura yaguye.

Ibi bishobora gufatwa nk’amayobera byabereye mu mudugudu wa Rugarama uherereye mu kagari ka Rugarama mu gitondo cyo kuwa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024.

Abaturage bavuga ko batunguwe cyane n’uburyo babonaga imirima yabo n’imyaka biri gutwarwa n’inkangu kandi nta mvura iri kugwa.

Hari uwagize ati: “Ni ibintu byadutunguye kuko twabyutse tubona gusa imirima iri kugenda, icyadutangaje ni uko nta mvura yagwaga.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarubaka, Mbonigaba Mpozenzi Providence, yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru ko batazi icyateye iyi nkangu.

Yagize ati: “Ntabwo tuzi icyabiteye kuko imvura yaherukaga ku cyumweru keretse wenda abize iby’ubutaka nibo bashobora kubivumbura, gusa ikigaragara ni uko munsi hacitsemo amazi ndetse ashobora kuba yararushije ubwinshi ubwo butaka akabumanura kuko nta mvura yaguye kandi byagaragaraga nk’ibikoma kubera ko amazi yari yivanze n’itaka”.

Yongeyeho ko iyi nkangu yatwaye imyaka myinshi iri nko kuri hegitari eshatu.

Nyuma y’uko iyi nkangu itwaye imyaka y’abaturage n’ubutaka bahingagaho, imiryango itatu yegereye aho ibi byabereye yo yahise yimuka ijya kuba mu baturanyi bayo.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi mu Rwanda (RWB), kibinyujije ku rubuga rwa X cyatangaje ko inkangu yabayeho ari ibintu bisanzwe mu gihe ubutaka busanzwe bwarasomye amazi menshi.

RWB yakomeje ivuga ko “Iyi ni inkangu iba aho amazi yabaye menshi mu butaka. Ni ibintu bibaho iyo ubutaka bwari busanzwe bwarasomye busunitswe n’imbaraga z’amazi ari hagati y’urutare na bwa butaka. Abakozi bacu bari gukora isesengura ryimbitse kugira ngo banatange inama z’icyakorwa.”

Related posts

Rubavu: Rwabuze gica hagati y’Akarere na Kiliziya Gatolika bapfa ubutaka.

N. FLAVIEN

DR Congo: Vital Kamerhe yatorewe kuba Perezida w’Inteko ishinga amategeko Umutwe w’Abadepite.

N. FLAVIEN

Leta ya DR Congo yatangaje impamvu Sukhoi-25 ya FARDC yinjiye mu Rwanda nta burenganzira ihawe.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777