Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’umuhungu w’imfura wa Perezida Museveni, yongeye gushimangira ko mu minsi mike iri imbere azagirira uruzinduko i Kigali, ndetse avuga ko akunda u Rwanda n’Abanyarwanda.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru dusoza nibwo Gen Muhoozi Kainerugaba yatangiye gutangaza ko ateganya kugirira uruzinduko mu Rwanda, ndetse akazabonana na Perezida Paul Kagame akunze kwita se wabo.
Yongeye kubishimangira mu rukerera rwo kuri nuyu wa Gatandatu tariki 14 Gashyantare 2026. Mu butumwa yashyize kuri X buri mu rurimi rw’Ikinyarwanda, yagize ati: “Nkunda u Rwanda n’Abanyarwanda cyane pe. Vuba aha nzaza gusura Uncle wanjye Afande Paul.”
Mu bihe bitandukanye, Gen Muhoozi yagiye agaragaza ko u Rwanda na Uganda ari ibihugu byinshuti bitewe n’amateka akomeye bifitanye. Yagaragaje kandi ko afata Perezida Kagame nk’icyitegererezo.

