Ubuyobozi bwa Arikidiyosezi Gatolika ya Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwamaganye amakuru yakwirakwiye avuga ko ukarisitiya zaba zigurishwa mu masoko no mu maguriro manini yo mu murwa mukuru w’iki gihugu.
Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho agaragaza ibisa n’ukarisitiya bigaragara nk’aho byari biri kugurishwa mu masoko azwi (supermarchés), bivugwa ko ayo mashusho yafatiwe i Kinshasa. Aya mashusho yateje impaka zikomeye n’ukwibaza ku bakoresha imbuga nkoranyambaga ndetse no mu bayoboke ba Kiliziya Gatolika.
Bamwe mu Banye-Congo n’abakirisitu gatolika bagaragaje impungenge n’umujinya, bibaza uko Umubiri wa Kirisitu ufatwa nk’ikiragano cyera cyane mu myemerere ya Kiliziya Gatolika, wakwigira mu bicuruzwa bisanzwe bigurishwa mu masoko.
Mu gusubiza ayo makuru, Umushumba w’umusigire wa Arikidiyosezi ya Kinshasa, Musenyeri Charles Ndaka Salabisala, yatangaje ko hakozwe iperereza ryimbitse ryerekanye ko ayo mashusho atigeze afatirwa mu Mujyi wa Kinshasa.
Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatolika bwanavuze ko hari amatorero y’inzaduka akomeje kwigana imigenzo ya Kiliziya Gatolika, harimo no gukoresha ibintu bisa n’ukarisitiya mu nsengero zayo, bikaza gutera urujijo mu bantu batandukanye.
Bwemeje ko mu bice bimwe na bimwe, by’umwihariko mu masoko yo mu karere ka Limete, hagaragaye ibimeze nk’ukarisitiya by’inyiganano bigurishwa abantu basanzwe, ariko bikaba bidafitanye isano na Kiliziya Gatolika.
Mu gihe aya makuru akomeje kuvugwa, Musenyeri Salabisala yasabye abakirisitu gatolika kwitandukanya n’amakuru ayobya, anibutsa abacuruzi n’abaguzi kubahiriza indangagaciro, imyemerere n’ubusugire bwa Kiliziya Gatolika.
Yashimangiye ko Kiliziya izakomeza gufata ingamba zose zigamije kurinda ukwera kw’amasakaramentu no gusigasira imyemerere y’abayoboke bayo, anasaba buri wese kwitwararika amakuru yakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga atabanje kugenzurwa.



