Mu mukino w’umunsi wa 15 wa Shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda, Al Hilal yo muri Sudani ariko ikinira mu Rwanda kubera intambara iri iwabo, yihereranye Rayon Sports iyinyabika 4-0 maze abafana ba Rayon Sports bakwena ikipe yabo karahava.
Ku munota wa 10 w’umukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Mutarama 2026, igitego cya mbere cya Al Hilal cyatsinzwe na Al Hadji Kane ari nako igice cya mbere cy’umukino cyarangiye ariko ubona ko abanye Sudani bafite inyota yo gutsinda ibitego byinshi.
Igice cya kabiri cyatangiye ubona ko aba Rayon batakaje morali, ku munota wa 56 Girumugisha Jean Claude atsindira Al Hilal icya kabiri. Ku munota wa 60, Omer Taha yatsinze icya gatatu, maze ku munota wa 6 w’inyongera kuko 90 yari yarangiye ari 3-0, Girumugisha Jean Claude atsinda icya 4 cyo gushengura imitima y’aba Rayon, umukino urangira utyo.
Al Hilal itsinze umukino wa 8 wa shampiyona yikurikiranya bwa mbere muri shampiyona 2025-2026, ikuyeho agahigo yari isangiye na Al Merrikh, ibyatumye ihita ifata umwanya wa mbere aho APR FC nubwo yatsinda Al Merrikh kuri iki Cyumweru yaba iya kabiri kubera ibitego bazigamye.
Ni ubwa mbere kuva mu 2009, Rayon Sports itsinzwe ibitego 4 mu mikino ibiri yikurikiranya mu marushanwa yose. Iyi Al Hilal ikaba iyikoze mu gikomere kuko yari ikiri mu gahinda gakomeye yatewe na APR FC iherutse kuyutsinda 4-1 mu mukino w’Igikombe kiruta ibindi mu Rwanda (Super Cup).
Mu cyumweru gitaha, Rayon Sports izahura na Mukura VS i Muhanga, bamwe bakaba bavuga ko nibura aha ho yakazamuye umutwe igatanga icyizere ku bafana bayo bashavuye cyane kugera ubwo bayikomera ndetse yemwe Stade Amahoro ikaba yari yambaye ubusa, ibitamenyerewe kuri iyi kipe y’abafana benshi mu Rwanda.



