Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Kwibuka

Gakenke: Basabwe kwirinda kugoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, ku rwibutso rw’Akarere ka Gakenke ruherereye muri Buranga, Umurenge wa Kivuruga, abaturage bibukijwe kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside kandi bakigisha abana amateka nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi birinda kuyagoreka.

Mu biganiro n’ubuhamya byatanzwe kuri iki Cyumweru tariki 11 Kamena 2023, byose byibanze ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo, bahigwa bukware nk’abacumuye bazizwa ubwoko batihaye kuko ngo abicanyi bari barataye ubumuntu barahindutse nk’inyamaswa, ibyatumye imiryango igera ku 121 muri aka Karere izima.

Perezida w’Umuryango Ibuka mu Karere ka Gakenke, Twagirimana Hamdoun, yavuze ko kwibuka nyabyo ari inkingi yo kwiyubaka n’ubudaheranwa, asaba abanyagakenke n’abanyarwanda muri rusange gutanga amakuru ku mibiri itaraboneka kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro kuko kuba itaraboneka bikomeza gushengura ababuze ababo.

Bwana Niyonsenga Aimé François, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, mu kiganiro yatanze, yasabye urubyiruko kwiga no kumenya amateka yaranze Igihugu cyacu, kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside no kwamagana abayipfobya, anasaba ababyeyi kwigisha abana amateka nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Madame Nyirarugero Dancile uyobora Intara y’Amajyaruguru, yasabye abaturage kwamagana ingengabitekerezo ya Jenoside, kuba hafi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, gutanga amakuru ku mibiri itaraboneka kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro, anasaba kandi ababyeyi kwigisha abana babo indangagaciro n’amateka nyayo y’Igihugu cyacu kugira ngo Jenoside itanzongera kubaho ukundi.

Urwibutso rwa Jenoside rw’Akarere ka Gakenke rwubatse muri Buranga ruruhukiyemo imibiri isaga 1888 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, harimo ibiri yashyinguwe mu cyubahiro kuri uyu munsi. Hashingiwe ku mibiri y’abiciwe muri aka gace itaraboneka, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bakaba basaba ko rwongerwa ndetse rukongerwamo n’ibindi bikorwaremezo nk’urukuta ruriho amazina n’ibindi.

Kuri ibi byifuzo, ubuyobozi bw’Akarere buvugako nta gihindutse bizashyirwa mu ngengo y’imari y’uyu mwaka kuko ngo biteganyijwe mu cyiciro (Phase) cya gatatu ngo bikazajyana no kubaka icyumba cyagenewe amateka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko mu byahoze ari amakomini agize Akarere ka Gakenke.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.

Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Gakenke.

Niyonsenga Aimé François, umwe mu basabye ko abato bakigishwa amateka nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakiri bato bakwiye kwigishwa amateka nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu gikorwa cyo kwibuka kuri iki Cyumweru, hashyinguwe mu cyubahiro imibiri ibiri.

Yanditswe na Mahoro Laeti 

Related posts

Ubutumwa bwa Perezida João Lourenço kuri Tshisekedi bwaba buhatse iki ?

N. FLAVIEN

Abarwaye indwara y’Ubushita bw’Inkende bagaragaye mu Rwanda.

N. FLAVIEN

FARDC na M23 bongeye gukozanyaho nyuma y’agahenge kari kamaze iminsi.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777